Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Lionel Messi Azaguma Muri Barcelona Yemere Ahembwe Macye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Lionel Messi Azaguma Muri Barcelona Yemere Ahembwe Macye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2021 9:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rutahizamu uri mu byamamare bikomeye kurusha ibindi ku isi, Leonel Messi yatangaje ko azemera guhembwa make ariko agume FC Barcelona.

Ibinyamakuru byo muri Espagne bivuga ko Messi yemeye kuguma muri FC Barcelona mu gihe cy’indi myaka itanu n’ubwo azaba akora ahembwa make ugereranyije n’ayo yahembwaga.

Ikinyamakuru L’Esportiu cyandika Siporo muri Espagne kivuga ko Messi yemeye kuzahembwa miliyoni 600 z’ama Euro ni ukuvuga miliyoni 709$

Aya mafaranga yagabanutseho 50% by’ayo yahembwaga yose.

Biteganyijwe ko ari buhure n’abanyamategeko be bakaganira uko ariya mafaranga azajya ayahabwa, ibyo bemeranyijweho bikazatangazwa mu minsi mike iri imbere.

Bivugwa ko ku ikubitiro, Messi w’imyaka 34 azahabwa miliyoni 20 z’ama Euro y’agahimbazamusyi, akazayahabwa na Balcelona mu rwego rwo kumushimira inshuro amaze ayigeza ku mikino ya nyuma kandi igatwara ibikombe.

Mu mpeshyi y’umwaka ushize, Messi yashatse gusesa amasezerano yari asanganywe na FC Balcelona avuga ko ari we ubwe wabifashemo umwanzuro, ariko ubuyobozi bw’iriya kipe buvuga ko nabikora azajyanwa mu nkiko, ibi bikaba aribyo byatumye ahindura ibitekerezo.

Ikindi cyari cyamukuruye ni uko mugenzi we akaba n’inshuti ye witwa Neymar nawe yavugaga ko bazifatanya bagashaka uko bajyana muri Paris Saint Germain.

Messi ngo arahenze cyane

Hari ikinyamakuru cyo muri Espagne cyanditse kivuga ko uriya mukinnyi asanzwe ahenda cyane k’uburyo ubukungu bwa Balcelona ‘buri mu manegeka.’

El Mundo ivuga Messi ahenda mu buryo bwinshi harimo n’amafaranga yahabwaga kubera kwamamaza Barcelona.

TAGGED:AmafarangaBalcelonafeaturedNeymarUmupiraUmushahara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese Minisiteri Y’Ubumwe Bw’Abanyarwanda Ije Gusimbura Komisiyo Y’Ubumwe Bwabo?
Next Article Umwami W’Abazulu Ari Gukomakoma Ngo Amahoro Agaruke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inganda Z’Intwaro Zungutse 5.9% Kubera Intambara Ya Ukraine N’Iya Gaza

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?