Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Lionel Messi Yavuye Muri FC Barcelona
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Lionel Messi Yavuye Muri FC Barcelona

Last updated: 05 August 2021 10:42 pm
Share
SHARE

FC Barcelona yatangaje ko Lionel Messi atazasinya amasezerano mashya muri iyi kipe, nyuma y’uko yananiwe kubahiriza ibyo bumvikanye bitewe n’ibibazo by’ubukungu.

Messi wegukanye ‘Ballon d’Or’ esheshatu nta kipe yari yanditsemo nyuma yo gusoza amasezerano ye muri iyi kipe yo muri Espagne, ku wa 30 Kamena.

Mu itangazo FC Barcelona yasohoye kuri uyu wa Kane, yavuze ko nubwo impande zombi zari zagaragaje ubushake bwo gusinya amasezerano mashya, bitashobotse ko ashyirwaho umukono bitewe n’ibibazo by’ubukungu n’amabwiriza ya shampiyona ya Spanish LaLiga.

Iti “Ku bw’izo mpamvu, Lionel Messi ntabwo azakomezanya na FC Barcelona. Impande zombi zibabajwe no kuba ibyifuzo byaba iby’umukinnyi cyangwa ikipe bitagezweho.”

Messi w’imyaka 34 yaherukaga kwemera gusinya amasezerano mashya, yagombaga gutuma umushahara we wabarirwaga muri miliyoni £425 mu myaka ine ugabanywamo kabiri, kugira ngo asinye amasezerano mashya.

Gusa bijyanye n’amafaranga yagombaga kumutangwaho, byari ngombwa ko hagurishwa abakinnyi bamwe ndetse imishahara y’abandi ikagabanya, bitewe n’amabwiriza agena imishara ntarengwa y’amakipe bitewe n’icyo yinjije.

FC Barcelone ntiyorohewe n’ingaruka za COVID-19.

Yananiwe kugabanya amafaranga ihemba abakinnyi bijyanye n’imiterere y’ubukungu bwayo, ibanza gushakishiriza mu kugabanya imishahara y’abarimo Gerard Pique, Sergio Busquets na Sergi Roberto, hakavaho 40 ku ijana.

Yanagerageje kugurisha abakinnyi barimo Antoine Griezmann, Ousmane Dembele, Philippe Coutinho, Samuel Umtiti na Martin Braithwaite, ariko nta bisubizo byigeze biboneka ku makipe yaba akeneye kubatangaho amafaranga.

Messi nta yindi kipe yakiniye mu buzima bwe uretse Barcelona, ku buryo mu mikino 778  yayikiniye guhera mu 2003 yatsinzemo ibitego 672.

Ni imyaka yatwayemo ibikombe 31.

Messi yari ayoboye ikipe ya Argentine iheruka gutwara Copa America. Bikekwa ko azerekeza muri Paris Saint Germain.

Barca izakina umukino ufungura shampiyona mu minsi 12 iri imbere, ubwo izaba ikina na Real Sociedad.

LATEST NEWS | Leo #Messi will not continue with FC Barcelona

— FC Barcelona (@FCBarcelona) August 5, 2021

TAGGED:FC BarcelonaLionel Messi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jack Grealish Yabaye Umukinnyi Wa Mbere Uhenze Mu Bwongereza
Next Article Abarwanyi B’I Tigray Bigaruriye Umujyi W’Umurage Wa UNESCO
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

Tshisekedi Arabwira Inteko Iby’Ingenzi Aherutse Kwemeranya Na Perezida Kagame

Perezida wa Benin Yabwiye Abaturage Ko Abashatse Kumuhirika Baruhiye Ubusa

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

You Might Also Like

Imikino

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?