Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Lionel Messi Yavuye Muri FC Barcelona
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Lionel Messi Yavuye Muri FC Barcelona

admin
Last updated: 05 August 2021 10:42 pm
admin
Share
SHARE

FC Barcelona yatangaje ko Lionel Messi atazasinya amasezerano mashya muri iyi kipe, nyuma y’uko yananiwe kubahiriza ibyo bumvikanye bitewe n’ibibazo by’ubukungu.

Messi wegukanye ‘Ballon d’Or’ esheshatu nta kipe yari yanditsemo nyuma yo gusoza amasezerano ye muri iyi kipe yo muri Espagne, ku wa 30 Kamena.

Mu itangazo FC Barcelona yasohoye kuri uyu wa Kane, yavuze ko nubwo impande zombi zari zagaragaje ubushake bwo gusinya amasezerano mashya, bitashobotse ko ashyirwaho umukono bitewe n’ibibazo by’ubukungu n’amabwiriza ya shampiyona ya Spanish LaLiga.

Iti “Ku bw’izo mpamvu, Lionel Messi ntabwo azakomezanya na FC Barcelona. Impande zombi zibabajwe no kuba ibyifuzo byaba iby’umukinnyi cyangwa ikipe bitagezweho.”

Messi w’imyaka 34 yaherukaga kwemera gusinya amasezerano mashya, yagombaga gutuma umushahara we wabarirwaga muri miliyoni £425 mu myaka ine ugabanywamo kabiri, kugira ngo asinye amasezerano mashya.

Gusa bijyanye n’amafaranga yagombaga kumutangwaho, byari ngombwa ko hagurishwa abakinnyi bamwe ndetse imishahara y’abandi ikagabanya, bitewe n’amabwiriza agena imishara ntarengwa y’amakipe bitewe n’icyo yinjije.

FC Barcelone ntiyorohewe n’ingaruka za COVID-19.

Yananiwe kugabanya amafaranga ihemba abakinnyi bijyanye n’imiterere y’ubukungu bwayo, ibanza gushakishiriza mu kugabanya imishahara y’abarimo Gerard Pique, Sergio Busquets na Sergi Roberto, hakavaho 40 ku ijana.

Yanagerageje kugurisha abakinnyi barimo Antoine Griezmann, Ousmane Dembele, Philippe Coutinho, Samuel Umtiti na Martin Braithwaite, ariko nta bisubizo byigeze biboneka ku makipe yaba akeneye kubatangaho amafaranga.

Messi nta yindi kipe yakiniye mu buzima bwe uretse Barcelona, ku buryo mu mikino 778  yayikiniye guhera mu 2003 yatsinzemo ibitego 672.

Ni imyaka yatwayemo ibikombe 31.

Messi yari ayoboye ikipe ya Argentine iheruka gutwara Copa America. Bikekwa ko azerekeza muri Paris Saint Germain.

Barca izakina umukino ufungura shampiyona mu minsi 12 iri imbere, ubwo izaba ikina na Real Sociedad.

LATEST NEWS | Leo #Messi will not continue with FC Barcelona

— FC Barcelona (@FCBarcelona) August 5, 2021

TAGGED:FC BarcelonaLionel Messi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jack Grealish Yabaye Umukinnyi Wa Mbere Uhenze Mu Bwongereza
Next Article Abarwanyi B’I Tigray Bigaruriye Umujyi W’Umurage Wa UNESCO
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?