Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Lt. General Muhoozi Umuhungu Wa Perezida Museveni ‘Yongeye’ Gusura u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Lt. General Muhoozi Umuhungu Wa Perezida Museveni ‘Yongeye’ Gusura u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2022 12:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda, akaba n’Umujyanama mu bya gisirikare wa Perezida Museveni yageze i Kigali. Agarutse mu Rwanda nta gihe kinini gishize n’ahavuye.

Nyuma yo kuhava hari intambwe yahise iterwa mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda .

Imwe muri zo ni uko Major General Abel Kandiho waypoboraga Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda yahise akurwa kuri uriya mwanya.

Yakiriwe n’abayobozi mu ngabo z’u Rwanda n’umwe mu bakozi ba Ambasade ya Uganda mu Rwanda

Uyu mugabo yashinjwaga n’u Rwanda gukoresha ububasha afite agahohotera abaturage barwo bagiye muri kiriya gihugu gushaka amaramuko.

Indi ntambwe ni uko bidatinzeu Rwanda rwafunguye umupaka wa Gatuna, usanzwe ari umupaka ukoreshwa cyane hagati y’ubucuruzi bw’ibi bihugu.

Gen Muhoozi yari aherutse gutangaza ko azagaruka mu Rwanda kuganira na Perezida Kagame ku zindi ngingo.

Mu mpera za Gashyantare, 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yanditse kuri Twitter  ko nyuma y’uko yari aherutse gusura u Rwanda akaganira na Perezida Kagame yita ‘Uncle’(Nyirarume), mu minsi micye iri imbere azongera kugaruka mu Rwanda.

Yanditse ko nyuma y’aho aviriye mu Rwanda, yakomeje kuganira na Perezida Kagame  bemeranya ko Lt. Gen Muhoozi Kainerugaba azagaruka gusura u Rwanda bakaganira ku zindi ngingo ‘zireba umubano mwiza hagati’ ya Kigali na Kampala.

Icyo gihe yaranditse ati: “ Nyuma y’uko kuganira na Marume, Perezida Kagame, mu gitondo cy’uyu munsi twemeranyije ko nzagaruka mu Rwanda mu minsi micye iri imbere tukaganira ku bibazo bisigaye bireba Uganda n’u Rwanda.”

Hagati aho Taarifa izi ko nyuma y’uko Gen Muhoozi agereye muri Uganda avuye kubonana na Perezida Kagame ubwo aheruka ino,  abo mu mutwe w’iterabwoba uvuga ko ushaka gukuraho ubutegetsi bwa Kigali bakutse umutima.

Umutima warushijeho gukuka ubwo Lt Gen Muhoozi yasabaga abo muri RNC kudakoresha Uganda ngo bahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Umuhungu Wa Museveni Gen Muhoozi Yahuye Na Perezida Kagame

TAGGED:featuredKagameKainerugabaMuhooziRwandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunsi Mpuzamahanga Wahariwe Commonwealth: Iby’Ingenzi Bigize Uyu Muryango
Next Article Muri Kigali Special Economic Zone Hafunguwe Icyumba Ababyeyi Bonkerezamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?