Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Lt. General Muhoozi Umuhungu Wa Perezida Museveni ‘Yongeye’ Gusura u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Lt. General Muhoozi Umuhungu Wa Perezida Museveni ‘Yongeye’ Gusura u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2022 12:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda, akaba n’Umujyanama mu bya gisirikare wa Perezida Museveni yageze i Kigali. Agarutse mu Rwanda nta gihe kinini gishize n’ahavuye.

Nyuma yo kuhava hari intambwe yahise iterwa mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda .

Imwe muri zo ni uko Major General Abel Kandiho waypoboraga Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda yahise akurwa kuri uriya mwanya.

Yakiriwe n’abayobozi mu ngabo z’u Rwanda n’umwe mu bakozi ba Ambasade ya Uganda mu Rwanda

Uyu mugabo yashinjwaga n’u Rwanda gukoresha ububasha afite agahohotera abaturage barwo bagiye muri kiriya gihugu gushaka amaramuko.

Indi ntambwe ni uko bidatinzeu Rwanda rwafunguye umupaka wa Gatuna, usanzwe ari umupaka ukoreshwa cyane hagati y’ubucuruzi bw’ibi bihugu.

Gen Muhoozi yari aherutse gutangaza ko azagaruka mu Rwanda kuganira na Perezida Kagame ku zindi ngingo.

Mu mpera za Gashyantare, 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yanditse kuri Twitter  ko nyuma y’uko yari aherutse gusura u Rwanda akaganira na Perezida Kagame yita ‘Uncle’(Nyirarume), mu minsi micye iri imbere azongera kugaruka mu Rwanda.

Yanditse ko nyuma y’aho aviriye mu Rwanda, yakomeje kuganira na Perezida Kagame  bemeranya ko Lt. Gen Muhoozi Kainerugaba azagaruka gusura u Rwanda bakaganira ku zindi ngingo ‘zireba umubano mwiza hagati’ ya Kigali na Kampala.

Icyo gihe yaranditse ati: “ Nyuma y’uko kuganira na Marume, Perezida Kagame, mu gitondo cy’uyu munsi twemeranyije ko nzagaruka mu Rwanda mu minsi micye iri imbere tukaganira ku bibazo bisigaye bireba Uganda n’u Rwanda.”

Hagati aho Taarifa izi ko nyuma y’uko Gen Muhoozi agereye muri Uganda avuye kubonana na Perezida Kagame ubwo aheruka ino,  abo mu mutwe w’iterabwoba uvuga ko ushaka gukuraho ubutegetsi bwa Kigali bakutse umutima.

Umutima warushijeho gukuka ubwo Lt Gen Muhoozi yasabaga abo muri RNC kudakoresha Uganda ngo bahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Umuhungu Wa Museveni Gen Muhoozi Yahuye Na Perezida Kagame

TAGGED:featuredKagameKainerugabaMuhooziRwandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunsi Mpuzamahanga Wahariwe Commonwealth: Iby’Ingenzi Bigize Uyu Muryango
Next Article Muri Kigali Special Economic Zone Hafunguwe Icyumba Ababyeyi Bonkerezamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?