Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M 23 Yashyizeho Inzego Z’Ubuyobozi Bwa Politiki Mu Bice Yafashe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M 23 Yashyizeho Inzego Z’Ubuyobozi Bwa Politiki Mu Bice Yafashe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2022 11:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi igera kuri 40 inyeshyamba za M23 zifashe ahitwa Bunagana muri Kivu y’Amajyaruguru, ubu zamaze gushyiraho inzego z’ubuyobozi. Ni ibyemezwa n’abaha Taarifa amakuru.

Ubuyobozi bwa M23 bwashyizeho inzego z’imiyoborere bise Jomba Group ziyobora ahantu hahurije hamwe imidugudu umunani.

Imidugudu umunani mu gihugu nka Repubulika ya Demukarasi ya Congo iba igize ahantu hagari cyane.

N’ubwo ari uku bimeze ariko muri Mata, 2022 abarwanyi b’uyu mutwe bari batangaje ko nta gahunda bafite yo kwigarurira ahantu bakanahashyira inzego z’ubuyobozi.

Mu gihe iby’uko M23 yashyizeho inzego muri Bunagana biri kuvugwa,  Komisiyo igizwe n’Intumwa z’u Rwanda na DRC iherutse guhurira muri Angola mu rwego rwo kuganira uko umwuka mubi umaze mike uvugwa hagati y’ibihugu byombi bakurwaho.

Mbere y’uko inama y’iyi Komisiyo iterana, hari izindi zari zarabereye i Nairobi muri Kenya ndetse imwe muri zo yemeje ko hagomba gushingwa itsinda ry’ingabo zizajya kwambura intwaro imitwe y’abarwanyi iri mu Burasirazuba bwa DRC.

Mubagomba kuba bagize iryo tsinda, DRC yanze ko hazazamo ingabo z’u Rwanda.

Kuba nta ngabo z’u Rwanda zemerewe kuzarizamo ariko ngo ntacyo bitwaye u Rwanda nk’uko Perezida Paul Kagame aherutse kubivuga.

Icyangombwa ngo ni uko abo basirikare bazakemura ibibazo by’imitwe y’inyeshyamba zihungana n’u Rwanda.

Byemejwe kandi ko abasirikare bazaba bagize ririya tsinda bazaba bayobowe n’Umujenerali wo muri Angola.

Ku rundi ruhande, umwe mu baturage ba DRC uvuga rikijyana ndetse binavugwa ko afite akayihayiho ka Politiki witwa Dr Denis Mukwege yamaganye iyoherezwa rya ziriya ngabo muri kiriya gihugu.

Bikubiye mu itangazo yasohoye Taliki 20, Nyakanga, 2022.

TAGGED:BunaganafeaturedInyeshyambaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba W’Ingabo Za Benin Mu Rwanda Mu Ruzinduko Rw’Imikoranire Na RDF
Next Article Mu Gihe Gito Abanyarwanda Bazaba Barumvise Akamaro Ka Cashless- Min Ingabire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?