Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M 23 Yashyizeho Inzego Z’Ubuyobozi Bwa Politiki Mu Bice Yafashe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M 23 Yashyizeho Inzego Z’Ubuyobozi Bwa Politiki Mu Bice Yafashe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2022 11:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi igera kuri 40 inyeshyamba za M23 zifashe ahitwa Bunagana muri Kivu y’Amajyaruguru, ubu zamaze gushyiraho inzego z’ubuyobozi. Ni ibyemezwa n’abaha Taarifa amakuru.

Ubuyobozi bwa M23 bwashyizeho inzego z’imiyoborere bise Jomba Group ziyobora ahantu hahurije hamwe imidugudu umunani.

Imidugudu umunani mu gihugu nka Repubulika ya Demukarasi ya Congo iba igize ahantu hagari cyane.

N’ubwo ari uku bimeze ariko muri Mata, 2022 abarwanyi b’uyu mutwe bari batangaje ko nta gahunda bafite yo kwigarurira ahantu bakanahashyira inzego z’ubuyobozi.

Mu gihe iby’uko M23 yashyizeho inzego muri Bunagana biri kuvugwa,  Komisiyo igizwe n’Intumwa z’u Rwanda na DRC iherutse guhurira muri Angola mu rwego rwo kuganira uko umwuka mubi umaze mike uvugwa hagati y’ibihugu byombi bakurwaho.

Mbere y’uko inama y’iyi Komisiyo iterana, hari izindi zari zarabereye i Nairobi muri Kenya ndetse imwe muri zo yemeje ko hagomba gushingwa itsinda ry’ingabo zizajya kwambura intwaro imitwe y’abarwanyi iri mu Burasirazuba bwa DRC.

Mubagomba kuba bagize iryo tsinda, DRC yanze ko hazazamo ingabo z’u Rwanda.

Kuba nta ngabo z’u Rwanda zemerewe kuzarizamo ariko ngo ntacyo bitwaye u Rwanda nk’uko Perezida Paul Kagame aherutse kubivuga.

Icyangombwa ngo ni uko abo basirikare bazakemura ibibazo by’imitwe y’inyeshyamba zihungana n’u Rwanda.

Byemejwe kandi ko abasirikare bazaba bagize ririya tsinda bazaba bayobowe n’Umujenerali wo muri Angola.

Ku rundi ruhande, umwe mu baturage ba DRC uvuga rikijyana ndetse binavugwa ko afite akayihayiho ka Politiki witwa Dr Denis Mukwege yamaganye iyoherezwa rya ziriya ngabo muri kiriya gihugu.

Bikubiye mu itangazo yasohoye Taliki 20, Nyakanga, 2022.

TAGGED:BunaganafeaturedInyeshyambaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba W’Ingabo Za Benin Mu Rwanda Mu Ruzinduko Rw’Imikoranire Na RDF
Next Article Mu Gihe Gito Abanyarwanda Bazaba Barumvise Akamaro Ka Cashless- Min Ingabire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?