Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M23 Irashaka Kuganira N’Abahuza By’Umwihariko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M23 Irashaka Kuganira N’Abahuza By’Umwihariko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 November 2022 1:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mouvément du 23, Mars,( M23) yatangaje ko ishaka kugirana ibiganiro byihariye na Perezida Lorenco ndetse na Uhuru Kenyatta, ikabagezaho icyo itekereza ku myanzuro iyireba mu yiherutse gufatirwa i Luanda.

Imwe mu myanzuro iheruka gufatirwa i Luanda ireba M23 harimo ko igomba kurekura uduce twose yafashe, ubundi igasubira ahahoze ari mu birindiro byayo mu Kirunga cya Sabyinyo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu nibwo yari yahawe amasaha ntarengwa ko igomba kuba yahagaritse imirwano.

M23 nayo irashaka guhabwa umwanya ngo abahuza bayitege amatwi

Hari umunyamakuru uherutse kubaza Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Patrick Muyaya impamvu mu biganiro bakora batajya batumira M23, asubiza ko iba ihagarariwe n’u Rwanda.

Bidatinze Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije Me Alain Mukuralinda yamusubirije kuri iyo radio ko u Rwanda rudakorera M23, ko atari rwo rushinzwe kuyivugira.

Bertrand Bisimwa uyobora M23 mu rwego rwa Politiki yaraye atangaje ko we n’abarwanyi be biyemeje koko guhagarika imirwano, ariko ko ingabo za Guverinoma nizibashotora, bazazivuna.

Mu itangazo uyu mutwe wasohoye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu Taliki 26, Ugushyingo, 2022 wavuze ko wifuza guhura na Uhuru Kenyatta ndetse Perezida wa Angola Joao Lorenco(bombi ni abahuza muri iki kibazo) ukamugezaho ibyifuzo byawo.

Hagati aho, muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu gice kimaze iminsi kiberamo imirwano, n’ubu iracyakomeje hagati ya M23 n’ingabo za DRC.

Umunyamakuru wa France 24 na Associated Press  uri yo witwa Justin Kabumba yatangarije kuri Twitter ko abaturage bari guhunga Bwito bagana ahitwa Kitchanga.

M23 ngo n’ubu iracyakambitse muri Bunagana, Kibumba na Kiwanja hafi y’ahitwa Katwiguru ndetse na Ishasha.

Imirwano irakomeje mu bice bimwe na bimwe

Indi mirwano iravugwa ahitwa Bishusha.

TAGGED:AbarwanyiDRCfeaturedIbiganiroIngaboM23Uhuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Gihe M23 Yahagaritse Imirwano, Ingabo Za Kenya Zikomeje Kuza Kuyirwanya
Next Article Miss Umwiza Arashaka Kuba Umudepite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?