Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M23 Yiyemeje Kuva Ku Izima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M23 Yiyemeje Kuva Ku Izima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2022 6:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa M23 bwaraye butangaje ko uyu mutwe ugiye guhagarika intambara ukava no mu bice wigaruriye. Icyakora uracyasaba ibiganiro n’Umuhuza mu bibazo bya DRC.

Si ubwa mbere usabye ibi biganiro ntibyemererwe.

Mu itangazo ryaraye risohowe n’uyu mutwe rigasinnywaho n’Umuvugizi wayo mubya politiki witwa Lawrence Kanyuka, M23 ivuga ko yasanze igomba guhagarika imirwano, ikava mu birindiro yari yarashinze aho yafashe.

 Kanyuka yasinye avuga ko gukora ibikubiye muri ririya tangazo biri mu rwego rwo kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’i Luanda n’ubwo batayitumiwemo.

Lawrence Kanyuka

Taliki 23 Ugushyingo, 2022 nibwo iyi nama yateganiye  i Luanda muri Angola.

Yigiraga hamwe uko  ibibazo by’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byakemuka.

Umwe mu myanzuro yahafatiwe wavugaga ko  M23 igomba gushyira hasi intwaro ndetse igasubira inyuma iva mu bice yari yarigaruriye.

Harimo interuro ivuga ko M23 igomba gusubira muri Sabyinyo, ariko abayobozi bayo basubije ko M23 itagizwe n’ingagi kuko ari zo ziba mu birunga.

Bidatinze imirwano yahise yubura, icyo gihe hakaba hari taliki 25 Ugushyingo, 2022 ni ukuvuga nyuma y’iminsi ibiri amasezerano y’i Luanda asinywe.

M23 yavuze ko kubura imirwano byatewe n’uko  bagabweho ibitero n’ingabo za DRC basanga nta kindi bakora kitari ukwirengera no kurengera abatuye aho uyu mutwe wigaruriye.

Ku byerekeye itangazo ryaraye risohowe n’uyu mutwe, harimo ingingo isaba ko wategwa amatwi, ibibazo byawo bikumvikana.

Muri ryo ntahanditse ko ibyo M23 ishaka nibidahabwa umwanya ngo babyumve, izongera ikubura imirwano ariko ntawabura kubiteganya!

M23 yifuza n’ ibiganiro n’ingabo za EAC  kugira ngo banongere kubyutsa ubusabe bwabo bwo kuba bahura n’umuhuza mu gushakira amahoro u Burasirazuba bwa Congo.

Ku rundi ruhande, bisa n’aho bizayigora kubera ko n’ubutegetsi bw’i Kinshasa buyifata nk’Umutwe w’iterabwoba, bityo bikaba bidashoboka ko bwaganira nawo.

M23 ngo igiye kuva mu birindiro byayo

Mu biganiro biherutse kubera i Nairobi byahuje abahagarariye imwe mu mitwe y’inyeshyamba zirwanira mu Burasirazuba bwa DRC, ikaba yari iyobowe na Uhuru Kenyattta wigeze kuyobora Kenya, M23 ntiyabitumiwemo.

Ibi biganiro byaraye birangiye imitwe yari yaratumiwe yijeje Uhuru ko igiye gushyira hasi intwaro.

Ibi nabyo ni ibyo gutegwa amaso!

 

TAGGED:AngolaCongofeaturedIntambaraKenyattaLuandaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi 5 Ba REG Batawe Muri Yombi
Next Article Rwanda: Hari Abakorera Permis ‘Bagerageza Amahirwe’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?