Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Magendu Ikomeje Kuva Muri Uganda Yinjizwa Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Magendu Ikomeje Kuva Muri Uganda Yinjizwa Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2022 1:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku wa Gatanu taliki 13, Gicurasi, 2022 mu Karere Nyagatare hafatiwe abantu babiri bafite imifuka umunani ifungiyemo imyenda yinjijwe mu Rwanda mu buryo bwa magendu. Ni imifuka bita amabaro.

Bamwe bafatiwe muri uyu Murenge

Polisi yemeza ko iriya abinjije iriya mifuka bari bayivanye muri Uganda.

Imifuka itanu yafatiwe mu Mudugudu wa Gishara mu Kagari ka Kagitumba, Umurenge wa Matimba indi tatu yafatiwe mu Mudugudu wa Nyakanoni, Akagari ka Shonga mu Murenge wa Tabagwe.

Iyi mifuka itatu ya nyuma abari bayifite bayikubise hasi bariruka.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, avuga ko ariya  mabaro yose yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ati: “Saa saba z’amanywa nibwo Polisi yahawe amakuru n’abaturage batuye mu Tugari tubiri ari two Kagitumba na Shonga bavuga ko hari abantu bikoreye amabaro y’imyenda ya Caguwa ya magendu. “

SP Twizeyimana avuga ko abapolisi bahise batangira ibikorwa byo gufata  bariya bantu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana

Yashimiye abaturage bakomeje gutanga amakuru, abakora ubucuruzi bwa magendu n’abandi bakora ibinyuranyije n’amategeko bagafatwa, abasaba gukomeza kuyatangira ku gihe.

Imyenda yafashwe yashyikirijwe ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) Ishami rya Nyagatare,

Abafashwe bo  bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Matimba.

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Imifuka bafatanywe
TAGGED:featuredIntaraMagenduRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karasira Agiye Gusohora Indirimbo Yahimbiye Uwo Atwite
Next Article Macron Agiye Gutegeka u Bufaransa ‘Mu Bundi Buryo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?