Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Makanyaga Ari Kugarura Agatege
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Makanyaga Ari Kugarura Agatege

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2023 10:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jane Uwimana  umwe mu bari gukurikiranira hafi ubuzima bw’umuhanzi w’umukambwe Abdul Makanyaga avuga ko uyu mugabo ari gutora akabaraga.

Mu masaha make ashize hari urubuga nkoranyambaga rwari rwamubitse ko yatabarutse, ariko sibyo nk’uko abari hafi ye babyemeza.

Umusaza Makanyaga amaze hafi ibyumweru bitatu ari mu bitaro.

Ni umugabo ukuze kuko afite imyaka irenga 75 y’amavuko.

Afite umugore n’abana ndetse muri bo harimo umuhungu umwe umufasha gukora umuziki.

Gushaka imibereho nibyo bituma akora cyane kandi akuze…

Uwimana Jane yatubwiye ko Abdul Makanyaga ari umuhanzi ugikunzwe kugeza n’ubu.

Kubera ko ari umuhanga mu kuririmba kandi akaba afite imibereho iringaniye, bituma akora cyane kugira ngo abone amafaranga amutunga we n’umuryango we.

Kuba mu Mujyi wa Kigali, bisaba kuba ufite amikoro ahagije atuma umuryango utagira icyo wifuza ngo ukibure.

Ibi biri mu mpamvu zatumye Abdul Makanyaga akora cyane mu mwaka wa 2022 biza kunaniza cyane  umubiri we.

Abaganga babwiye abamurwaje ko agomba kuzibukira gukora cyane, ahubwo akajya amara igihe kinini aruhutse.

Abandi bahanzi bakora igisope cyangwa ‘karaoke’ bari kureba uko hashyirwaho uburyo bwo gufasha Makanyaga kuzajya abona agafaranga kamubeshaho bitabaye ngombwa ko akomeza gukoresha umubiri kandi unaniwe.

Asanganywe kandi indwara ya diabetes.

Abdoul Makanyaga yatangiye umuziki akiri muto kuko yari afite imyaka 19 y’amavuko.

Kuva icyo gihe kugeza ubu aracyaha Abanyarwanda umuziki wa ‘live’ usobanutse.

Uwimana na bagenzi be bamaganye ababitse Makanyaga
TAGGED:IgisopeIndwaraMakanyagaUmuziki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rebero-Kicukiro: Imodoka Yari Itwaye Abana Yakoze Impanuka Ikomeye
Next Article APR Yahisemo Ikibuga Izajya Yakiriraho Andi Makipe Uretse Rayon
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Imyidagaduro

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?