Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Malaria: Indwara Bita Iy’Abakene Iri Gufata Abanyamerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Malaria: Indwara Bita Iy’Abakene Iri Gufata Abanyamerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 July 2023 6:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta ya Florida mu zindi zigize Leta zunze ubumwe z’Amerika yatangaje ko indwara ya Malaria yatangiye kuba ikibazo kuko abaturage bayo bakomeje kuyandura.

Malaria ni indwara iterwa n’umubu w’ingore bita anophele, ukororokera ahantu hakunze kureka amazi  hakaboneka n’ibihuru.

Benshi bavuga ko ari indwara y’abakene cyane cyane abo muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Yari imaze imyaka 20 itagaragara muri Amerika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubuyobozi bwa Leta ya Florida bwasabye abaturage kurara mu nzitiramubu no gukura ibizenga by’amazi mu nkike z’aho batuye n’ibihuru cyangwa ibigunda bakabitema.

Kugeza ubu abantu batandatu nibo bamaze kubarurwa muri iyi Leta.

Bose ni abo mu gice cya Sarasota.

Ikinyamakuru kitwa Miami Herald kivuga ko ubuyobozi bwa Florida bwasabye abatuye ibice bya Manatee, Miami-Dade na Sarasota kurushaho kubahiriza ingamba zo kwirinda iriya ndwara.

Hagati aho muri  Leta ya Texas n’aho haravugwa umuntu umwe wanduye malaria nk’uko CNN yabyanditse.

- Advertisement -

Ikigo cy’Amerika gishinzwe kurwanya indwara n’ibyorezo kitwa Center for Disease Control and Prevention( CDC) kivuga ko cyatangiye gukorana na za Leta zose zigize Amerika kugira ngo harebwe icyakorwa ngo malaria ikumirwe.

CDC yemeza ko Leta ya Texas n’iya Florida ari zo zugarijwe kurusha izindi.

N’ubwo hari abantu bagera ku 2,000 barwara malaria muri Amerika buri mwaka, abaganga bavuga ko abo bose baba ari abantu baba bamaze igihe runaka bavuye gutemberera mu bihugu malaria ikunze kwibasira ababituye.

Nyuma y’uko umuntu yandujwe malaria na wa mubu twavuze inkuru igitangira, uwayanduye acika intege, agahinda umuriro, akaruka, akabira icyokere ndetse n’umutwe ukamurya.

Abana n’abagore batwite nibo baba bafite ibyago by’uko iriya ndwara yabahitana.

Icyakora ni indwara ishobora kwirindwa kandi uyirwaye arayivuza agakira.

TAGGED:AbaturageAmerikafeaturedIndwaraMalaria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FUSO Yari Ijyanye Umuceri i Rusizi Yaguye Muri Nyungwe
Next Article Polisi Yibukije Abashoferi B’Amakamyo Ko Amagara Aseseka Ntayorwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?