Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mali Yakomanyirijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Mali Yakomanyirijwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 May 2021 8:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Colonel Assimi Goita, leader of Malian military junta, attends the Economic Community of West African States (ECOWAS) consultative meeting in Accra, Ghana September 15, 2020. REUTERS/ Francis Kokoroko
SHARE

Umuryango w’ibihugu bigamije ubufatanye mu bukungu  muri Afurika y’i Burengerazuba( CEDEAO) waraye ufashe umwanzuro wo gukomanyiriza Mali, igahagarikwa mu mikorere yawo yose yerekeye ibya Politiki.

Uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’iminsi mike Visi Perezida wa Mali akaba ari Colonel Assimi Goïta akuriye ku butegetsi Perezida wa Repubulika na Minisitiri w’Intebe ba Mali.

Icyemezo cyo gukomanyiriza Mali mu mirimo yose ya CEDEAO yerekeye ibya Politiki yaraye ifatiwe i Accra muri Ghana mu nama yari yahuje intumwa ziyobowe na  Goodluk Jonathan wigeze kuyobora Nigeria.

Ikigaragara ni uko Abakuru b’ibihugu bigize CEDEAO bamaganye ibyo Goïta yakoze, bavuga ko ari ‘Coup d’état.’

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

N’ubwo Col Assimi Goïta yari ari i Accra ariko ntiyigeze yitabira iriya nama.

Nyuma y’ibiganiro byahuje bariya Bakuru b’ibihugu, hafashwe umwanzuro w’uko Mali ihabwa akato, ikaba itazitabira inama zose z’uriya muryango, z’aba iz’Abakuru b’ibihugu, iz’Abamanisitiri, iz’abagize Inteko ishinga amategeko y’uriya muryango.

Ibiri kubera muri Mali biri kuba mu gihe tariki 27, Gashyantare, 2022 hateganyijwe amatora y’Abadepite.

Aya matora agomba kuba mu gihe Col Assimi agomba kuba yararangije gushyiraho Minisitiri w’Intebe wemewe n’impande zose za Politiki muri kiriya gihugu.

Mali kandi ni igihugu kimaze iminsi gifite umutekano mucye ndetse hafi kimwe cya kabiri cyayo kimaze igihe gihungabanywa n’abarwanyi baturuka haba muri Nigeria, Burkina Faso, Niger n’ahandi.

- Advertisement -

Mu gihugu imbere kandi hari ibibazo by’imibereho mibi y’abaturage.

RFI yanditse ko Ihuriro ry’abakozi ryitwa L’Union nationale des travailleurs du Mali (UNTM) rimaze iminsi risaba ko abakozi bahabwa umushahara utuma bahangana n’ubuzima bavuga ko butoroshye.

Ibi byose ni ibibazo Col Assimi agomba guhangana nabyo akabiha umurongo.

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko nibiba ngombwa azacyura abasirikare b’igihugu cye bari muri Mali yanga ko bakwibasirwa n’ibitero by’abarwanyi bashobora kuzamukira ku biri kubera muri kiriya gihugu.

Abaturage ba Mali bakeneye amahoro
Mali ni igihugu kinini, kiruta u Bufaransa mu buso inshuro nyinshi
TAGGED:AccraAssimiCEDEAOColfeaturedGhanaMali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Ndayishimiye Afite Urugendo Muri Kenya
Next Article Bibiliya Idasanzwe: Irimo Itegeko Nshinga Rya Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?