Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mangosuthu Gatsha Buthelezi Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mangosuthu Gatsha Buthelezi Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 September 2023 11:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Igikomangoma mu bwami bw’Abazulu muri Afurika y’Epfo wamamaye mu ishyaka ryashakaga ubwigenge, INKATHA, witwa Mangosuthu Gatsha Buthelezi yapfuye afite imyaka 95 y’amavuko.

Ishyaka rye ryitwa Inkatha Freedom Party (IFP).

Abo mu muryango wa Mangosuthu Gatsha Buthelezi nibo batangaje ko bababajwe n’urupfu rwe, umukambwe bavuga ko wari umunyabwenge, inararibonye ndetse n’umubyeyi mwiza mu Kizulu bitaga uMntwana wa KwaPhindangene.

Umuhango wo kumushyingura watangiye gutegurwa ku bufatanye bw’umuryango we, ubwami bw’Abazulu ndetse ne Repubulika y’Afurika y’Epfo.

Buthelezi yari amaze igihe arwariye mu bitaro by’i Durban aho yageze muri Nyakanga, 2023.

Inkuru zavugaga ko ubuzima bwe bwari mu kaga ariko umuvugizi we witwa Liezl Van Der Merwe abitera utwatsi.

Mangosuthu Gatsha Buthelezi ni igikomangoma mu bwami bw’Abazulu, akaba yaravutse taliki 27, Kanama, 1928.

Yavukiye muri Kwazulu Natal, akaba umuhungu w’igikomangoma Magogo kaDinuzulu.

Yubahagwa cyane mu bwami bw’Abazulu ndetse no mu butegetsi bwa Afurika y’Epfo muri rusange.

Mu mwaka wa 1948 yaje kwirukanwa mu rubyiruko rwa ANC ahita ashinga ishyaka rye yise Inkatha yeNkulukelo yeSizwe, hari mu mwaka wa 1975

Yakoze imirimo myinshi muri politiki y’Afurika y’Epfo, akaba atabarutse yari Minisitiri w’Intebe mu bwami bw’Abazulu aho yahuzaga ibikorwa byabwo na Guverinoma y’i Pretoria.

Indi wasoma:

Umwami w’Abazulu Muri Africa Y’Epfo Yatanze

TAGGED:AfurikaIshyaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Maroc: Abantu 632 Bishwe N’Umutingito
Next Article Nyamasheke-Rutsiro: Inkuba Yishe Batatu Barimo Umwana W’Imyaka 16
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?