Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mangosuthu Gatsha Buthelezi Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mangosuthu Gatsha Buthelezi Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 September 2023 11:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Igikomangoma mu bwami bw’Abazulu muri Afurika y’Epfo wamamaye mu ishyaka ryashakaga ubwigenge, INKATHA, witwa Mangosuthu Gatsha Buthelezi yapfuye afite imyaka 95 y’amavuko.

Ishyaka rye ryitwa Inkatha Freedom Party (IFP).

Abo mu muryango wa Mangosuthu Gatsha Buthelezi nibo batangaje ko bababajwe n’urupfu rwe, umukambwe bavuga ko wari umunyabwenge, inararibonye ndetse n’umubyeyi mwiza mu Kizulu bitaga uMntwana wa KwaPhindangene.

Umuhango wo kumushyingura watangiye gutegurwa ku bufatanye bw’umuryango we, ubwami bw’Abazulu ndetse ne Repubulika y’Afurika y’Epfo.

Buthelezi yari amaze igihe arwariye mu bitaro by’i Durban aho yageze muri Nyakanga, 2023.

Inkuru zavugaga ko ubuzima bwe bwari mu kaga ariko umuvugizi we witwa Liezl Van Der Merwe abitera utwatsi.

Mangosuthu Gatsha Buthelezi ni igikomangoma mu bwami bw’Abazulu, akaba yaravutse taliki 27, Kanama, 1928.

Yavukiye muri Kwazulu Natal, akaba umuhungu w’igikomangoma Magogo kaDinuzulu.

Yubahagwa cyane mu bwami bw’Abazulu ndetse no mu butegetsi bwa Afurika y’Epfo muri rusange.

Mu mwaka wa 1948 yaje kwirukanwa mu rubyiruko rwa ANC ahita ashinga ishyaka rye yise Inkatha yeNkulukelo yeSizwe, hari mu mwaka wa 1975

Yakoze imirimo myinshi muri politiki y’Afurika y’Epfo, akaba atabarutse yari Minisitiri w’Intebe mu bwami bw’Abazulu aho yahuzaga ibikorwa byabwo na Guverinoma y’i Pretoria.

Indi wasoma:

Umwami w’Abazulu Muri Africa Y’Epfo Yatanze

TAGGED:AfurikaIshyaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Maroc: Abantu 632 Bishwe N’Umutingito
Next Article Nyamasheke-Rutsiro: Inkuba Yishe Batatu Barimo Umwana W’Imyaka 16
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?