Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Maroc Yasezeranyije Uburundi Kubufasha Kuva Mu Bukene
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbukungu

Maroc Yasezeranyije Uburundi Kubufasha Kuva Mu Bukene

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2024 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo hizihizwaga imyaka 25 umwami wa Maroc Muhammed VI ageze ku ngoma, Ambasaderi w’ubu bwami yasezeranyije Uburundi ko buzabufasha mu cyerekezo cyabwo cyo kuva mu bukene.

Uburundi bwiyemeje ko mu mwaka wa 2040 buzaba ari igihugu gifite ubukungu buteye imbere, ariko mu mwaka wa 2060 kikazaba gikize bifatika.

Ambasaderi wa Maroc mu Burundi witwa Abdelouahhab Makhtari avuga ko Rabat izakorana na Gitega kugira ngo Uburundi buzamure umusaruro mu buhinzi, mu bukerarugendo, mu rwego rw’ingufu, mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ahandi.

Abdelouahhab Makhtari yagize ati: “ Maroc izakora uko ishoboye iherekeze Uburundi mu iterambere ryabwo”.

Muri Mata, 2024 hatangijwe ihuriro ry’abashoramari bo muri Maroc na bagenzi babo bo mu Burundi ryiswe Commission Mixte de Coopération Maroc-Burundi’’ (CMC).

Ku nshuro yaryo ya mbere, abaryitabiriye bumvikanye imirongo migari ibihugu byombi bizafatanyamo mu iterambere.

Maroc irateganya kuzafasha Uburundi guteza imbere urwego rw’ubwikorezi mu ndege no mu bindi byiciro binini by’ubukungu.

Ubu bwami burashaka kandi guha buruse abanyeshuri benshi bo mu Burundi ngo bajyeyo kwiga ubumenyi butandukanye, ndetse byaratangiye kuko hari abantu 77 bagiye yo mu mwaka wa 2021 hakaba hateganyijwe abandi 130 bazajyayo mbere y’uko umwaka wa 2024 urangira.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga mu Burundi witwa Ferdinand Bashikako avuga ko Uburundi bwishimiye gukorana na Maroc mu nzira yabwo y’iterambere.

Avuga ko Maroc ari kimwe mu bihugu bya Afurika byateye imbere kandi byifuza gukorana n’ibindi kugira ayo majyambere agere kuri benshi.

Amakuru avuga ko Maroc ari igihugu cya gatanu gikize muri Afurika mu gihe Uburundi bwo ari ubwa kabiri bukennye kurusha ibindi bihugu ku isi, bukabanzirizwa na Sudani y’Epfo.

Urwego rwa serivisi nirwo rwazamuye ubukungu bwa Maroc kurusha izindi nzego zose.

Ifoto@Burundi Iwacu.

TAGGED:BurundiIterambereMarocUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuganura 2024: Uko Byifashe i Kayonza
Next Article Bwongereza: Umwana W’Umunyarwanda Uvugwaho Kwica Bagenzi Be Arwaye Autism
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?