Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mastercard Yatanze Miliyoni $55 Zizahesha Buruse Abanyeshuri 1200 Muri Kaminuza y’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mastercard Yatanze Miliyoni $55 Zizahesha Buruse Abanyeshuri 1200 Muri Kaminuza y’u Rwanda

Last updated: 14 September 2021 9:52 am
Share
SHARE

Mastercard Foundation na Kaminuza y’u Rwanda byatangije ubufatanye bw’imyaka 10 buzashorwamo miliyoni $55, buzafasha abanyeshuri bagera ku 1200 b’Abanyafuika kubasha kwiga kaminuza.

Ni ubufatanye bukubiye muri gahunda yagutse ya Mastercard Foundation Scholars Program, buzibanda cyane ku gufasha abakobwa bakeneye kwiga amasomo ya Siyansi, Ikoranabuhanga, Engineering n’Imibare (STEM), urubyiruko rufite ubumuga n’impunzi.

Umuyobozi wa Mastercard Foundation Reeta Roy, yavuze ko bashimishijwe no kuba Kaminuza y’u Rwanda yiyongereye mu bafatanyabikorwa b’iyi gahunda.

Ati “Intego na gahunda bya Kaminuza bihura neza na gahunda igihugu gifite. Ni yo mpamvu ubu bufatanye ari ingenzi cyane kuko buzaba burimo gutegura abakiri bato bazajya mu mirimo itandukanye no mu gukemura ibibazo bitandukanye bijyanye n’ubuzima bwa buri munsi.”

Biteganywa ko ubu bufatanye buzubaka ubushobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda kugira ngo ibashe gutanga uburezi bugezweho kandi kuri buri wese no kunoza imyigishirize itegura urubyiruko kujya mu mirimo itandukanye.

Ni igikorwa kijyanye kandi na gahunda ya Mastercard Foundation yitwa Young Africa Works, igamije gufasha urubyiruko miliyoni 30 rw’Abanyafurika by’umwihariko abagore, kubona imirimo myiza bitarenze umwaka wa 2030.

Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda Prof. Alexandre Lyambabaje, yashimangiye ko iyi Kaminuza yumva neza icyerekezo cya Mastercard Foundation.

Ati “Ni yo mpamvu twafashe iki cyemezo cyo gufatanya n’uyu muryango kugira ngo tuzamure ubushobozi bwacu mu kwigisha abayobozi bazana impinduka no gusohora abanyeshuri biteguye kuzana impinduka ku mugabane wa Afurika.”

“Iyi gahunda ihuye neza na Gahunda y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere kandi umusanzu wayo uzagera kuri Kaminuza y’u Rwanda, ku bafatanyabikorwa bacu n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Mu gutangiza ubu bufatanye, Kaminuza y’u Rwanda yinjiye mu bafatanyabikorwa 29 ba Mastercard Foundation Scholars Program, biyemeje guteza imbere uburezi bw’abakiri bato, kandi ayo mahirwe akagera kuri bose.

Mastercard Foundation Scholars Program yatangiye mu mwaka wa 2012 igamije gufasha abanyeshuri b’abahanga ariko batishoboye, kugira ngo babashe kurangiza amasomo yabo muri gahunda z’amasomo zizana impinduka.

Itanga ubufasha burimo amafaranga y’ishuri, aho kuba, ibitabo n’ibindi bikoresho by’ishuri.

Kaminuza y’umufatanyabikorwa ni yo yakira ubusabe bw’abanyeshuri bakeneye buruse za Mastercard, ikaba ari nayo ibufataho icyemezo cya nyuma.

Iyo kaminuza isaba amafaranga runaka kugira ngo umunyeshuri yandikwe, iyo agize amahirwe yo kwinjira muri iyi gahunda arayasubizwa.

Kugeza ubu Mastercard Foundation Scholars Program imaze gutanga buruse zigera mu 40,000.

Kaminuza y’u Rwanda yashinzwe mu 2013, ihuza iyitwaga Kaminuza Nkuru y’u Rwanda n’amashuri makuru ya Leta. Ubu igizwe n’amashami atandatu ndetse ikorana n’ibigo by’icyitegererezo bitandukanye.

Imaze kurangizamo abanyeshuri 49,477 barimo abagabo 64% n’abagore 36%.

TAGGED:featuredKaminuza y'u RwandaMastercard FoundationProf. Alexandre LyambabajeReeta Roy
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yarasiwe Muri Mozambique
Next Article Uruhare Rwa Rusesabagina Mu Mikorere Ya Gisirikare Ya FLN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?