Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mbere Y’Uko Gisupusupu Afatwa ‘Yatanze’ Ruswa Barayanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mbere Y’Uko Gisupusupu Afatwa ‘Yatanze’ Ruswa Barayanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2021 2:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi François Nsengiyumva wamamaye nka Gisupusupu ejo nibwo byatangajwe ko yafashwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ibyaha birimo icyo gusambanya ku gahato umwana w’imyaka 13.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 30, Kamena, 2021 ubugenzacyaha bwabwiye Taarifa ko uriya muhanzi yakoze ibyaha akurikiranyweho tariki 18, Kamena, 2021, abikorera mu Mudugudu wa Rubaya, Akagari ka Rubona, Umurenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo.

Mbere y’uko afatwa byagenze gute?

Umwe mu rubyiruko rw’abakorera bushake mu Karere ka Kayonza utashatse ko dutangaza amazina ye yatubwiye ko uriya muhanzi yamaze kumenya ko ari gushakishwa n’ubugenzacyaha, ahungira mu Karere ka Kayonza gaturanye na Gatsibo.

Ejo hashize ahagana saa munani z’amanywa, Nsengiyumva uzwi nka Gisupusupu yihuye na bamwe mu rubyiruko rw’abakorera bushake mu gukumira ibyaha bakorera mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza abonye ko bamumenye akeka ko bamenye ko akurikiranwa abaha Frw 30 000 ngo bamureke yigendere.

Yakoreye icyaha muri Kiramuruzi( Gatsibo) afatirwa i Rukara( Kayonza)

Uwaduhaye amakuru yatubwiye ko we na bagenzi be babyanze, uriya muhanzi ashaka kubarwanya baramufata, bahamagara Polisi, hanyuma ubuyobozi bwa Polisi bubasaba ko bamugumana, nibwo Polisi n’abakozi ba RIB bamutaga muri yombi.

Ikindi yatubwiye ni uko yabanje guterana amagambo nabo ndetse ashaka ‘kubafata mu mashati.’

TAGGED:featuredGisupusupuUbushakeUmurengeUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarwara Malaria Baracyari Benshi Mu Rwanda
Next Article Hahishuwe Uburyo Utubyiniro Tubiri n’Ibirori Byakongeje COVID Muri Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?