Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Melinda Yinjiye Mu Batunze Miliyari Z’Amadolari Nyuma Yo Gutandukana Na Bill Gates
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Andi makuru

Melinda Yinjiye Mu Batunze Miliyari Z’Amadolari Nyuma Yo Gutandukana Na Bill Gates

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2021 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bill Gates na Melinda French Gates bagabanye imitungo nyuma yo guhabwa gatanya, uyu mugore ahita yinjira mu batunze miliyari z’amadolari mu gihe atabarwaga mu bakire. Harebwaga umugabo we gusa.

Bill na Melinda Gates baheruka gutangaza ko bagiye gutandukana nyuma y’imyaka 27 babana, ndetse babyaranye abana batatu.

Inyandiko z’Urwego rugenzura isoko ry’imari n’imigabane muri Amerika zigaragaza ko ikigo gihuriza hamwe ishoramari rya Bill Gates, Cascade Investment, ku wa 3 Gicurasi cyohereje ku mazina bwite ya Melinda, imigabane ifite agaciro ka miliyari $2.4.

Ni nawo munsi batangajeho ko bagiye gutandukana, mu buryo abantu benshi batatekerezaga.

Ibyo byahise bishyira umutungo bwite wa Melinda mu gaciro ka miliyari $2.4, ku wa Kabiri umutungo bwite wa Bill Gates uhita umanuka ugera kuri miliyari $128.1, uvuye kuri miliyari $130.4.

Ntabwo haratangazwa amasezerano bombi bagiranye, yashingiweho hatangwa iriya migabane.

Gusa uyu mugabo washinze uruganda rwa Microsoft aracyari uwa kane mu baherwe ba mbere ku isi.

Forbes yatangaje ko Melinda yahawe imigabane miliyoni 2.94 muri AutoNation n’imigabane miliyoni 14.1 muri Canadian National Railway Co., ifite agaciro ka miliyoni $309 na miliyari $1.5 nk’uko bikurikirana.

Bill kandi yahaye Melinda imigabane miliyoni 25.8 mu ruganda Coca-Cola Femsa rwo muri Mexico, ifite agaciro ka miliyoni $120; n’imigabane miliyoni 155.4 mu kigo cy’itangazamakuru Grupo Televisa SA nacyo cyo muri Mexico, ifite agaciro ka miliyoni $386.

Ntabwo bihagije ariko ngo Melinda aze mu bakire ba mbere ku isi mu bagore, kuko urutonde ruyobowe n’Umufaransakazi Françoise Bettencourt Meyers utunze miliyari $73.6, agakurikirwa na Alice Walton utunze $61.8, mu gihe ku mwanya wa gatatu hari MacKenzie Scott utunze miliyari $53.

Mackenzie yabonye ubwo butunzi mu mazina ye amaze gutandukana na Jeff Bezos wari umugabo we – ari na we mukire wa mbere ku isi – bahita bagabana imitungo.

Bill wahoze ari nyiri Microsoft ku ijanisha ryo hejuru, igice kinini cy’imigabane yaje kugishyira muri Gates Foundation indi iragusishwa, ku buryo bibarwa ko mu mazina ye bwite asigaranye munsi ya 1%.

TAGGED:Bill GatesfeaturedGatanyaMelinda Gates
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwahakanye Ko Rwemeye Kwakira Abasaba Ubuhungiro Muri Denmark
Next Article Kugonga Umwana Ni Ishyano Riba Riguye- ACP Teddy Ruyenzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?