Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 May 2025 10:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Massad Boulos, umuherwe ukomoka muri Lebanon( Ifoto@Nick Hagen: The New York Times).
SHARE

Massad Boulos usanzwe ari Umujyanama mukuru wa Perezida wa Amerika ku byerekeye Afurika avuga ko nyuma y’uko Ibiro bye bikoranye n’ubuyobozi bw’u Rwanda na DRC mu gukora umushinga uhuriweho wo kugarura amahoro mu Karere, muri iki gihe ugeze kure unozwa.

Boulos yabwiye Reuters ko yavuganye na Perezida Kagame na Tshisekedi ku mushinga w’amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu bayoboye kandi ngo impande zombi zawugejejweho, hakaba hasigaye kumva icyo zibivugaho.

Bitaganyijwe ko mu mpera z’iki Cyumweru ari bwo impande zombi zizagira icyo zibitangazaho.

Birashoboka ko nyuma yo kubisuzima, hari icyo uruhare rumwe cyangwa zombi zishobora kuzasaba ko cyanozwa.

Boulos yabwiye Reuters ati: “Bombi babyakiriye neza biteguye gukorana natwe, biteguye gukorana na Qatar n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kugira ngo hagerwe ku gisubizo kizazana amahoro arambye.”

Mu ntangiriro za Gicurasi, 2025 nibwo Kigali na Kinshasa byoherereje Washington  ibyo buri ruhande rubona ko byajya mu mushinga w’amahoro uhuriweho.

Nyuma y’uko buri ruhande rusuzumye ibikubiye muri uwo mushinga, rukoherereza Amerika uko rwabisanze, nayo izabisuzuma hanyuma Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga akaba n’Umujyanama wa Trump mu by’umutekano Marco Rubio akazahura na bagenzi be bashinzwe ububanyi n’amahanga mu bihugu byombi.

Ati “…Twizeye ko ibi bizasozwa vuba cyane bishoboka; nko mu byumweru biri imbere.”

U Rwanda, DRC na Amerika byemeranyije ko iyo nyandiko y’umushinga w’amasezerano y’amahoro igomba kuba iri mu murongo wa gahunda yemejwe n’Umuryango w’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) n’uwa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), igamije gufasha Akarere u Rwanda na DRC biherereyemo kubona amahoro.

Ni inyandiko izajya mu murongo w’ibiganiro byahurije u Rwanda na DRC i Doha muri Qatar muri Werurwe 2025 n’ibyakomeje guhuriza abahagarariye Kinshasa n’ihuriro AFC/M23 muri iki gihugu.

Impande ziri kuganira kuri iki kibazo nizirangiza kubyemeranya neza neza, Amerika nayo izasinyana n’Abakuru b’u Rwanda na DRC amasezerano, hakazaba ari muri Nyakanga, 2025.

Biteganyijwe ko ku ruhande rw’u Rwanda hari amasezerano yo kubyaza umusaruro umutungo kamere warwo azasinywa by’umwihariko rukazungukira cyane mu bijyanye no ‘kongerera agaciro amabuye’.

Ibyo kandi bivuze ko amabuye y’agaciro azajya avanwa DRC  ashobora kuzajya agezwa mu Rwanda agatunganywa, akaba ari na rwo ruyohereza ku isoko mpuzamahanga.

Amerika ivuga ko u Rwanda ruri gushyiraho ibyanya byahariwe inganda, kandi hashobora kuzubakwa izindi nganda ziyatunganya.

Washington yafashije u Rwanda na DRC  gusinya amasezerano agena amahame y’ibanze aganisha ku mahoro arambye nyuma y’aho Leta ya DRC na AFC/M23 bemeranyirije  i Doha ibyo guhagarika imirwano kugira ngo ibiganiro bifatika bigire aho bihera.

TAGGED:AmabuyeAmahoroBoulosCongoDRCfeaturedIntambaraKigaliKinshasaM23MassadRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa
Next Article Burundi: Umudepite Yakubiswe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?