Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Menya Ibice By’Umujyi Wa Kigali Byugarijwe N’Ibiza By’Imvura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Menya Ibice By’Umujyi Wa Kigali Byugarijwe N’Ibiza By’Imvura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2024 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Urujeni Martine aherutse gutangaza ko hari ahantu harindwi hateje akaga abahatuye mu gihe imvura nyinshi izaba yatangiye kwisuka hasi.

Aho hantu ni mu Mirenge ya  Gatsata, Jabana, Nduba, Kimisagara, Nyakabanda, Kigali n’Umurenge wa Mageragere.

Ahenshi muri ho ni mu Karere ka Nyarugenge.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali busaba abatuye ibyo bice gutekereza kabiri, bagahitamo neza bakahava kuko imvura nyinshi nitangira kugwa bizabagora kuhimuka kandi kuhaguma bikazashyira ubuzima bwabo mu kaga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ahandi hateje akaga nk’uko ubuyobozi bubivuga ni ahantu hose hegereye ibishanga.

Akaga k’ahantu nkaho gashingiye ahanini ku kuba hashobora kwaduka imyuzure, igatwara inzu zaho cyangwa igasenya ibindi bikorwaremezo.

Urujeni asaba akomeje abatuye ahantu nkaho kuhava inzira zikigendwa.

Yagize ati: “ Abaturage bakwiye kuva aho hantu kuko kuhaguma ari ukwishyira mu kaga. Tuzakorana n’izindi nzego kugira ngo dufashe abo baturage kuva aho hantu habi”.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Urujeni Martine

Imibare itangazwa n’ubuyobozi bw’umurwa mukuru w’u Rwanda ivuga ko guhera mu mwaka wa 2023, abantu 6,000  ari bo bamaze kwimurwa mu manegeka batuzwa ahantu hazima.

- Advertisement -

Abasabwa kwimuka ku ikubitiro ni abatuye mu bice bifite ubuhaname buri hagati ya 30% na 50% ndetse n’abatuye mu nzu zubatswe hatagendewe ku bipimo bigenewe guhangana n’ibiza.

Abandi basabwa kuva aho batuye amazi atararenga inkombe ni abatuye mu ntera igera cyangwa iri munsi ya metero eshanu uvuye ku miferege cyangwa abatuye muri metero 20 uvuye aho amazi aretse agarukira.

Hagati aho Meya w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva avuga ko ubuyobozi bw’uyu mujyi bwatangiye gutunganya ahantu 65 mu rwego rwo kuharinda ngo hatazaduka imyuzure cyangwa hagatuma ingo zihaturiye ziriduka.

Ibi ni ibivugwa na The New Times.

Iyo ahantu nkaho hadatunganyijwe, biha amazi y’imvura uburyo bwo kureka, agateza imyuzure ikomeye.

Kuyaha uburyo atemba cyangwa areka ariko mu buryo bugirira akamaro ibimera biri aho nabyo ni uburyo bwo kuyakoresha neza kurushaho.

Ahandi hateganyijwe ibikorwa byo gutunganya ibishanga biri mu Mujyi wa Kigali ni ahitwa Kibumba, Nyabugogo, Rugenge-Rwintare, Rwampara na Gikondo, aho hose hakazahindurwa ahantu nyaburanga.

Iyi mishinga izakorwa ku bufatanye na Banki y’isi binyuze mu mushinga wiswe Rwanda Urban Development Project (RUDP II).

Ikindi gihari ni uko hari amakuru y’uko umujyi wa Kigali uri hafi guha ingurane abaturiye Stade Amahoro bakimuka kugira ngo aho bari batuye hatunganywe hazorohereze imikoreshereze y’amazi ajya cyangwa ava muri iyi Stade.

Aha haravugwa Stade Amahoro ariko twibukiranye ko iki gikorwaremezo gisanzwe gituranye na BK Arena ndetse mu gihe gito hazaba hanuzuye inzu nini y’ubucuruzi n’imikino yiwa Zaria Court iri kubahwa ahahoze RBC mu marembo ya Airtel Icyicaro gikuru.

Kimwe mu bibazo bigoye abayobora Umujyi wa Kigali muri iki gihe ni ukunoza imiterere y’imiyoboro y’amazi iwurimo kuko ihasanzwe ari mito.

Kuba ari mito kandi uyu mujyi ukaba uri kwaguka ni ukuvuga guturwa cyane bivuze ko kwagura iyo miyoboro biri mu byihutirwa cyane.

Imiterere y’umujyi wa Kigali nayo ntiyoroshye.

Uretse imirenge imwe n’imwe y’Akarere ka Kicukiro wavuga ko irambuye, ahenshi mu tundi turere hafite ubuhaname bukomeye ku buryo kuhazamura amazi ari irindi hurizo.

Ibi bizwi n’abatuye za Kimisagara, abatuye Gatsata, abatuye Gisozi, abatuye Gikondo n’ahandi.

Kugira ngo ibi bishoboke, Umujyi wa Kigali wamaze gutegura Miliyoni $1 yo kuzakoresha muri uko kwagura iyo miyoboro.

TAGGED:DusengiyumvafeaturedIbizaImvuraKigaliMeyaUrujeni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupaka Uhuza Uganda Na DRC Ugiye Gusubirwamo
Next Article Muhanga: Hari Abagizi Ba Nabi Biyise ‘Abamonyo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?