Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Menya Ibyo u Rwanda Rwajyanye Mu Nama Ya COP 29
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Menya Ibyo u Rwanda Rwajyanye Mu Nama Ya COP 29

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2024 8:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Faustin Munyazikwiye niwe uyoboye itsinda ry'Abanyarwanda bari muri COP 29
SHARE

Faustin Munyazikwiye uyoboye itsinda ry’Abatekinisiye b’u Rwanda n’abandi Banyarwanda bitabiriye Inama mpuzamahanga ya COP 29 iri kubera i Baku muri Azerbaijan avuga ko u Rwanda ruratira amahanga aho rugeze rugabanya ibyuka bihumanya ikirere.

Inama COP 29 izarangira taliki 21, ikaba iri guhuriza hamwe abahanga mu byo kurengera ibidukikije barenga 40,000 baturutse mu bihugu 195.

Munyazikwiye yagize ati: “Ibyo tuzasangiza abitabiriye iyi nama ni ukubasangiza aho tugeze dushyira mu bikorwa aya masezerano, haba mu kubaka ubudahangarwa ku guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere no mu bundi buryo”.

Avuga kandi ko bazasangiza amahanga aho u Rwanda rugeze rukusanya inkunga yo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Uyu muyobozi usanzwe wungirije umuyobozi mukuru wa REMA avuga ko u Rwanda rumaze gushora arenga miliyoni $200 mu bikorwa byo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

Yashowe mu mishinga nka Green Amayaga, Green Gicumbi n’ahandi.

Faustin Munyazikwiye avuga ko itsinda ry’Abanyarwanda riri muri COP 29 ryamenyesheje abayirimo ko mu Rwanda hari amahirwe y’ishoramari mu bidukikije bashobora gushoramo imari.

Gahunda ya Green Gicumbi yazamuye imigwire y’imvura mu Rwanda muri rusange

Inama ya COP 29 ifite intego yo gukusanya Miliyari $100 yo kuzashora mu mishinga yo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere ikunze kwibasira ibihugu bikennye kurushaho.

Ibyigirwa muri COP 29 bishingiye ahanini k’ukureba aho ibikubiye mu masezerano y’i Paris yasinywe mu mwaka wa 2015 bigeze bishyirwa mu bikorwa.

Isi ifite intego yo kugabanya ibyuka byoherezwa mu kirere mu rwego rwo gukumira ibiza bituruka kuri ibyo byuka.

TAGGED:AzerbaijanBakufeaturedIkirereInamaMunyazikwiyeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Baributswa Akamaro Ko Kwifashisha Ikoranabuhanga Mu Guhanga Udushya
Next Article Abarimu 1500 Bagiye Guhabwa Ibikoresho Bibafasha Kwigisha Incuke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?