Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Menya Ibyo u Rwanda Rwajyanye Mu Nama Ya COP 29
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Menya Ibyo u Rwanda Rwajyanye Mu Nama Ya COP 29

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2024 8:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Faustin Munyazikwiye niwe uyoboye itsinda ry'Abanyarwanda bari muri COP 29
SHARE

Faustin Munyazikwiye uyoboye itsinda ry’Abatekinisiye b’u Rwanda n’abandi Banyarwanda bitabiriye Inama mpuzamahanga ya COP 29 iri kubera i Baku muri Azerbaijan avuga ko u Rwanda ruratira amahanga aho rugeze rugabanya ibyuka bihumanya ikirere.

Inama COP 29 izarangira taliki 21, ikaba iri guhuriza hamwe abahanga mu byo kurengera ibidukikije barenga 40,000 baturutse mu bihugu 195.

Munyazikwiye yagize ati: “Ibyo tuzasangiza abitabiriye iyi nama ni ukubasangiza aho tugeze dushyira mu bikorwa aya masezerano, haba mu kubaka ubudahangarwa ku guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere no mu bundi buryo”.

Avuga kandi ko bazasangiza amahanga aho u Rwanda rugeze rukusanya inkunga yo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Uyu muyobozi usanzwe wungirije umuyobozi mukuru wa REMA avuga ko u Rwanda rumaze gushora arenga miliyoni $200 mu bikorwa byo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

Yashowe mu mishinga nka Green Amayaga, Green Gicumbi n’ahandi.

Faustin Munyazikwiye avuga ko itsinda ry’Abanyarwanda riri muri COP 29 ryamenyesheje abayirimo ko mu Rwanda hari amahirwe y’ishoramari mu bidukikije bashobora gushoramo imari.

Gahunda ya Green Gicumbi yazamuye imigwire y’imvura mu Rwanda muri rusange

Inama ya COP 29 ifite intego yo gukusanya Miliyari $100 yo kuzashora mu mishinga yo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere ikunze kwibasira ibihugu bikennye kurushaho.

Ibyigirwa muri COP 29 bishingiye ahanini k’ukureba aho ibikubiye mu masezerano y’i Paris yasinywe mu mwaka wa 2015 bigeze bishyirwa mu bikorwa.

Isi ifite intego yo kugabanya ibyuka byoherezwa mu kirere mu rwego rwo gukumira ibiza bituruka kuri ibyo byuka.

TAGGED:AzerbaijanBakufeaturedIkirereInamaMunyazikwiyeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Baributswa Akamaro Ko Kwifashisha Ikoranabuhanga Mu Guhanga Udushya
Next Article Abarimu 1500 Bagiye Guhabwa Ibikoresho Bibafasha Kwigisha Incuke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Umunya Iraq Wahoze Ari Impunzi Yatorewe Kuyobora UNHCR

Rusizi: Hafatiwe Uvugwaho Gusiga Yishe Sewabo Wagaba i Rulindo

Abavoka Basaba Ruswa Batokoza Ubutabera- Mukantaganzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Tshisekedi Arashaka Ubufasha Bwa Gisirikare Bwa Angola

You Might Also Like

Ubukungu

Ibishanga Bya Kigali Biri Gutunganywa Bizatahwa Muri Kamena 2026-REMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?