Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Menya Uko Amahanga Akomeye Ari Gusaranganya Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Uko Amahanga Akomeye Ari Gusaranganya Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 November 2023 4:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu myaka yo kwigabanya Afurika mu Nama ya Berlin yari yatumijwe na Otto Eduard Leopold von Bismarck bikozwe n’Uburayi, bakabikora bacuranwa, uhatanze undi akahamanika ibendera, ubu hari ubundi buryo abanyabubasha bo ku isi bakoresha bigabanya Afurika.

Nyuma, Abanyamerika n’Abasoviyete bashatse uko bigarurira iki gice cy’isi babinyujije mu gufasha igice kimwe ngo gice ikindi imbaraga, ubundi gihabwe ubufasha runaka: ubw’intwaro, ibiribwa cyangwa ibindi.

Mu mwaka wa 2024 ibibazo bizaba muri Afurika bizakururwa ( kandi biri hafi) n’uko ibihugu bikize bireba ahari umwuka wo kutishimira imiyoborere bugatiza umurindi abashaka guhirika ubutegetsi cyangwa bigafasha abaherutse kububona kubunambaho.

Ubwo intambara y’ubutita yarangiraga, yasize hari abategetsi b’igitugu nka Mobutu Sese Seko wa Zaïre na Mengistu Haile Mariam wa Ethiopia n’abandi bavanywe ku ntebe.

Muri Afurika y’Epfo naho byarahindutse kuko ubutegetsi bw’Abazungu bwavuyeho hajyaho ubwa ANC bwasimbuye Apartheid.

Amerika nayo yaje gusanga ari byiza ko iva kubyo kugendera cyane ku nyungu ahubwo igashingira ku bwumvikane no guharanira uburenganzira bwa muntu n’ibindi.

Ku rundi ruhande, Abashinwa baje gusanga ari byiza gukorana n’uyu mugabane.

Mu mwaka wa 2000 bwatangije inama ibuhuza n’Afurika ndetse mu mwaka wa 2024 hari inama ya karundura izabuhuza n’uyu mugabane yiswe the Forum on China–Africa Co-operation.

Politiki y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa hari aho ishimwa kuko itirirwa ibaza iby’uburenganzira bwa muntu cyangwa ikindi kijyanye na Politiki ahubwo bwo bureba icyo mumariranye mu by’ubukungu.

Bwubakiye Afurika imihanda, ibiraro, ibibuga by’indege n’ibindi bikorwa remezo.

Uyu muvuno w’Ubushinwa warabuhiriye cyane k’uburyo ibihugu byaje kubwemerera kubyubakamo ibirindiro by’ingabo zabwo muri Djibouti.

Wasanga hari n’ahandi buri kubiteganya!

Abashinwa kandi hari ahandi ku isi bafite ubwato bw’intambara n’ibindi bikorwaremezo bitangaje.

Nyuma yo kubona ko Ubushinwa bwafatishije, ibindi bihugu nka Turikiya, Ubuhinde, Qatar…byatangiye nabyo kwiyegereza Afurika.

Nk’ubu Ubuhinde na Turikiya byahafunguye Ambasade 47( ku Buhinde) na 44 za Turikiya.

Guhera mu mwaka wa 2008 ibi bihugu byombi byakoranye inama n’ibihugu by’Afurika bitandukanye mu rwego rwo kunoza ubutwererane.

Ni intambara hagati y’abanyabubasha ku isi ariko ikaba bikaba amahirwe y’Abanyafurika mu guhitamo uwo bakorana akabagirira akamaro mu nzego zitandukanye.

Aho Uburusiya na Leta ziyunze z’Abarabu bitangiriye gukorana n’Afurika, Amerika n’Uburayi barikanze batangira kuzana umwuka ushatse wakwita intambara y’ubutita.

Muri rusange ni uko Afurika imeze.

TAGGED:AfurikaAmerikaBushinwafeaturedPolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitaro Bya Nyarugenge Byasabye Imbabazi Abarwaza
Next Article 90% Za Serivisi Mu Rwanda Zitangirwa Online- PM. Edouard Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?