Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Min Bizimana Yatangaje Ko Ibibera Muri DRC Bibangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Min Bizimana Yatangaje Ko Ibibera Muri DRC Bibangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 February 2023 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène  yabwiye abitabiriye umunsi wa kabiri w’Inama y’igihugu y’Umushyikirano ko urwango rwigishwa Abanyekongo rubangamiye ubumwe bw’Abanyarwanda.

Bizimana avuga ko  mu gihe u Rwanda rugeze kure ruhashya ingengabitekerezo ya Jenoside, Abanyarwanda babanye mu mahoro, kuba hari ahandi mu karere ruherereyemo hagaragara imvugo y’urwango, bikoma imbere iyo ntambwe.

Ikibazo kirushaho kubyongerera uburemere ni uko urwo rwango ndetse n’ubwicanyi bikorerwa abaturage bavuga Ikinyarwanda bo muri DRC bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ababiba urwo rwango, bavuga ko M23 ikomoka i Rwanda kandi ko ari rwo rwayohereje ngo isahure umutungo wa kiriya gihugu.

Bituma ababyumvise bagirira u Rwanda n’Abanyarwanda urwango kandi bakabikora batabanje gusuzuma amakuru yose ngo barebe niba nta makuru arimo afutamye.

Dr Jean Damascène Bizimana avuga ko hari abantu banga u Rwanda bahera ku cyo bita Balkanization na Empire Hima-Tutsi bakabeshya ko Abahima n’Abatutsi bafite umugambi wo kwigarurira u Rwanda, Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ngo imvugo ‘Wanyarwanda warudiye kwawo’ na ‘Watusi warudiye kwabo’ zigamije kuyobya zerekana ko abatoterezwa muri kiriya gihugu ari Abanyarwanda.

Muri kiriya gihugu kandi ngo hari n’imvugo ya “Nyoka asikuume” bakoresha bagereranya Umunyecongo w’Umututsi nk’inzoka.

Inyito y’inzoka iri mu zakoreshejwe mu  Rwanda mbere ndetse no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Mu Karere u Rwanda ruherereyemo kandi hari imvugo yitwa ‘ubwenge’.

Ubwo bwenge baba bashaka kuvuga si bwa bundi bw’umwana utagita umutsima, ahubwo ngo ni imvugo abaturage ba DRC banga u Rwanda n’abavuga Ikinyarwanda bakoresha bavuga ko Abanyarwanda ari indyarya.

Dr Bizimana avuga ko abayikoresha “bemeza ko Abanyarwanda ari indyarya.”

Minisitiri Bizimana ati :“Ingengabitekerezo y’urwango iri muri Kongo, ni kimwe n’iyari mu Rwanda mu 1992- 1994, hategurwa Jenoside yakorewe Abatutsi, bikaba bikwiye kuduhwitura mu kurengera ukuri kw’igihugu cyacu.”

Asanga ubufatanye bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo na FDLR kandi DRC ntiyamaganwe, ari ikibazo kibangamiye ubumwe bw’abaturage b’Akarere n’umudendezo wabo.

Minisitiri Dr Bizimana yibukije Abanyarwanda ko badakwiriye kurebera abasebya igihugu n’ubuyobozi bwacyo.

Ngo  bakwiriye guhangana n’ibinyoma bishyigikirwa na bamwe mu banyamahanga.

TAGGED:AbatutsiBizimanaCongoFDLRfeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Imbogamizi Abarimu B’Amateka Bahura Nazo Mu Kwigisha Aya Jenoside
Next Article Ubufatanye Bwa Canal + Rwanda Na Kaminuza Ya Kepler Mu Guteza Imbere Imyigire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?