Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Min Gatabazi Yafunguye Ibikorwa By’Itsinda Ryiswe ‘Abarinzi B’Ibyambu’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Min Gatabazi Yafunguye Ibikorwa By’Itsinda Ryiswe ‘Abarinzi B’Ibyambu’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2021 12:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu tariki 03, Nzeri, 2021 mu Karere ka Nyagatare hatangijwe ihuriro ry’urubyiruko rwahuguriwe kuba imboni ku mipaka ihuza Nyagatare, uturere bituranye ndetse na Uganda kugira ngo habeho gukumira abambutsa ibiyobyabwenge babivana cyangwa babizana muri kariya karere.

Imibare itangazwa n’inzego zishinzwe umutekano n’ubuzima bw’Abanyarwanda muri rusange yerekana ko Akarere ka Nyagatare kari mu twa mbere mu Rwanda twinjirizwamo kandi tugakoreshwamo ibiyobyabwenge.

Utundi turere ni Gicumbi, Burera, Rubavu na Rusizi.

Kuri Twitter ya Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu handitse ko umuhango wo kwakira bwa mbere abagize itsinda Abarinzi b’Ibyambu watabiriwe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi wari uri kumwe n’abandi bayobozi barimo na Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba CG Emmanuel Gasana.

Itsinda rya mbere ry’Abarinzi B’Ibyambu rigizwe n’abantu 402.

Uru rubyiruko rwari rumaze iminsi mu Itorero ryatangiye tariki 05, Kanama, 2021, umuhango wo kubakira muri izi nshingano nshya wabereye kuri Stade ya Nyagatare.

Inzego z’umutekano zivuga ko ibyinshi mu biyobyabwenge bikoreshwa mu Rwanda bivanwa mu bihugu bituranye narwo.

Minisitiri Gatabazi ari kumwe na Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba, CG Emmanuel Gasana

Ikiyobyabwenge gikoreshwa mu Rwanda kurusha ibindi ni urumogi.

Ikivugwaho kuvanwa mu mahanga kurusha ibindi biyobyabwenge ni kanyanga, iyi bikavugwa ko aho ikunze kuvanwa ari muri Uganda.

Si yo yonyine yinjizwa mu Rwanda ivanywe mu mahanga ahubwo hari n’ibicuruzwa bivanwayo bikaza ari magendu.

Biyemeje kuzahangana n’abinjiza ibiyobyabwenge cyangwa ibindi bintu mu buryo butemewe n’amategeko
TAGGED:featuredGasanaGatabaziMinisitiriNyagatareUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe W’U Buyapani Agiye Kwegura ‘Atamaze Kabiri’
Next Article Uko Ikipe Ya Uganda Yisanze Mu Bibazo i Kigali, Ikiyambaza Janet Museveni Bikanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?