Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Min Ingabire Ashaka Ko U Rwanda Ruyobora Mu Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Min Ingabire Ashaka Ko U Rwanda Ruyobora Mu Ikoranabuhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 July 2023 10:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo Paula Musoni Ingabire avuga ko u Rwanda rufite gahunda yo kuzamura ubumenyi bw’abarwigamo kugira ngo bateze imbere ikorabuhanga muri rusange bityo rigere n’ahandi muri Afurika.

Yabivugiye mu kiganiro yahaye abahanga mu ikoranabuhanga rikoresha imashini zikora nka muntu( artificial intelligence) cyabereye i Kigali, Rwanda kikaba cyarateguwe na Kaminuza Nyafurika y’imibare na Siyansi,  AIMS Rwanda ifatanyije na Kaminuza yo mu Budage yitwa Technology University of Ilmenau.

Ni ikiganiro cyahuje abahanga mu by’ikoranabuhanga bo hirya no hino ku isi,  baganira na bagenzi babo bo muri Afurika, bungurana ibitekerezo by’aho rigeze n’icyakorwa ngo rikomeze gutera imbere mu buryo buzagirira Afurika akamaro.

Minisitiri Paula Musoni Ingabire yavuze ko u Rwanda rwashatse inzira iboneye yo gucishamo ubumenyi bugenewe abiga ikoranabuhanga.

Ni inzira avuga ko ifunguye kuri bose kandi igamije ko u Rwanda by’umwihariko n’Afurika muri rusange rwazagera ku ikoranabuhanga rigezweho n’ahandi ku isi.

Ingabire ati: “ Intego yacu ni ugushyiraho no gusigasira uburyo buboneye kuri buri wese nta vangura iryo ari ryo ryose kugira ngo agire ubumenyi mu ikoranabuhanga buzamufasha kugera ku byo ashaka.”

Avuga ko kuba Afurika ishaka kugera ku ikoranabuhanga no guhanga udushya ari ikintu abahanga muri ryo bagombye kuririraho kugira ngo bazacyemure ibibazo abatuye Afurika bafite.

Minisitiri Paula Ingabire Musoni ashima ko AIMS -Rwanda ari ikigo gikora byose ngo ikoranabuhanga na siyansi bitere imbere haba mu Rwanda n’ahandi muri Afurika.

Umuyobozi wa Kaminuza ya AIMS  ku rwego rw’Afurika witwa Prof Sam Yala avuga ko iriya nama ari uburyo bwo guhuza abahanga ngo bigire hamwe uko ikoranabuhanga rikoresha imashini zikora kimuntu ryakomeza kubyazwa umusaruro.

Prof Sam Yala

Avuga ko guhuza abahanga muri Kaminuza na ba rwiyemezamirimo ari ikintu kiza kuko giha buri ruhande umwanya wo gutekeza umusanzu rwatanga kugira ngo ikoranabuhanga rikenewe rigerweho.

Prof Yala avuga ko kuba abahanga mu by’ikoranabuhanga ku rwego rw’Afurika bateranye byerekana ko abishyize hamwe nta kibananira kandi ko ejo h’ikoranabuhanga ry’Afurika ari heza.

Abahanga bitabiriye iyi nama yo mu by’ikoranabuhanga
TAGGED:AfurikaAIMSfeaturedIkoranabuhangaIngabireMinisitiriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Visi Perezida Wa Sena Y’u Rwanda Yavuze Ko Yakoze Amahano
Next Article Sudani Yabwiye Ruto Ko Niyohereza Yo Ingabo Zizahashirira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa

Hamas Yavuze Ko Abo Yabonye Bose Yabashyikirije Israel

Kenya: Batatu Mu Baje Gusezera Kuri Odinga Barasiwe Kuri Stade

Abanyaburayi Babwiwe Ibyiza Bazasanga Mu Rwanda Nibarusura

Kayonza: Imvura Yishe Batandatu Biganjemo Abana

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbuzima

Abasenateri Babajije Minisante Aho Igeze Ikemura Ubuke Bw’Abaganga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Perezida Wa Misiri Yambitse Umupolisi W’u Rwanda Umudali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Kenya Kubera Urupfu Rwa Odinga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?