Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbukungu

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2025 5:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imvura imaze iminsi igwa mu bice byinshi by’u Rwanda ishobora gutuma hari abahinzi bahita batangira gutera ibihingwa bigufi nk’ibishyimbo, ikintu gishobora gutuma bazarumbya.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ibasaba kubigendamo gahoro.

Impamvu ituma ibishyimbo n’amashaza biri mu bihingwa bikunze guhita biterwa ni uko biri mu bikenera amazi make ngo bishore imizi kandi bikaba mu bikunze guhingwa mu gihembwe cya mbere ubu kitwa season 2026A.

Ubusanzwe iyo imvura iguye muri Kanama, abahinzi bategura imirima, bakarima ndetse hakabaho n’abahungika imyaka nk’imyumbati kugira ngo itangire gushora imizi.

Iyo imyumbati igize amahirwe ntihavuke amapfa muri Nzeri kugeza mu Ukuboza, iyo myumbati, ibijumba n’ibirayi… irashobora igakura.

Gusa imvura yari isanzwe igwa muri Kanama yabaga ari nke, igahumbika ivumbi rikagabanuka, abarima bakarima ariko ubu isigaye igwa ari rukukumbashingwe, ikangiza byinshi.

Abazi uko ikirere cy’u Rwanda cyahoze, bavuga ko imvura ya mbere yagwaga muri Nyakanga bakayita ‘impungiramirara’, iyagwaga muri Kanama bakayita ‘intsindagirabigega’ igakurikirwa n’indi yatumaga inka zabaga zaragishe zitaha bakayita ‘Inkangabagisha’ yatumaga inka ziva aho bagiye kuzishakira ubwatsi ari nabyo bita ‘kugishisha’ zigataha.

Nyuma y’izo mvura, hacahamo irindi zuba ryabanzirizaha igihe cy’umuhindo.

Ariko rero ibi bihe byarahindutse, ikaba impamvu Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, ibicishije muri RAB, isaba abahinzi kwirinda guhubuka ngo batere imyaka ngo ng’aho imvura yaguye!

Umuyobozi mukuru wungirije muri iki kigo ushinzwe iterambere ry’ubuhinzi witwa Dr. Florence Uwamahoro atangana inama ati: “Ngira ngo mumaze iminsi mubona ko imvura iri kugwa bya hato na hato. Ntabwo twavuga ko abahinzi bahita bashyira imbuto mu butaka kuko turacyari mu gihe cy’impeshyi”.

Yabwiye RBA ko Meteo Rwanda itangaza ko mu minsi iri imbere hashobora kuzava izuba bityo ko gutera imyaka ari ibyo kwitondera.

Dr. Uwamahoro avuga ko Meteo iri hafi gutangaza iteganyagihe ry’igihe kirekire bityo ko ari yo izabaha amakuru yatuma bemeza ko gutera imyaka noneho byemewe.

Amakuru Meteo itanga aba agenga igihembwe cyose ni ukuvuga kuva muri Nzeri kugeza mu Ukuboza, kuri iyi nshuro akazatangazwa Tariki 29, Kanama, 2025.

Icyo muri iki gihe abahinzi basabwa ni ugutegura ubutaka kugira ngo imvura izasange bumeze neza, batangire batere.

Leta yamaze kubategurira ifumbire kuri  Nkunganire kandi abarenga Miliyoni bamaze kwiyandikisha ngo bazayihabwe mu gihe abasigaye nabo bashishikarizwa kubikora.

TAGGED:featuredIfumbireImvuraMeteoMINAGRIRABUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?