Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINALOC Isaba ‘Abayobozi Bashya’ Kuzirikana Akamaro K’Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

MINALOC Isaba ‘Abayobozi Bashya’ Kuzirikana Akamaro K’Ubumwe Bw’Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2023 10:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean Claude Musabyimana uyobora Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yabwiye abayobozi bamaze iminsi bahugurirwa i Nkumba nyuma yo gutorerwa kuzuza Inama Njyanama z’Uturere dutandukanye ko ubumwe bw’Abanyarwanda ari bwo shingiro rya byose.

Abo ni abatorewe muri Njyanama za Rubavu, Rutsiro, Karongi, Nyamasheke, Burera, Musanze, Gakenke, Rulindo na Rwamagana.

Hari kandi n’abagize Komite Nyobozi z’utwo turere.

Minisitiri Musabyimana yabwiye abo bayobozi ko mu kubaka u Rwanda hakenewe abayobozi bumva neza icyerekezo cy’igihugu, mu mikorere, mu mikoranire, mu myitwarire n’indangagaciro, mu kwegera no kumenya umuturage n’icyo akeneye kugira ngo atere imbere, mu guhanga udushya.

Yagize ati: “ Ndabasaba nk’abayobozi mushinzwe abaturage mu ifasi, ko mwakurikirana kandi mugakumira ikintu cyose cyakongera gutanya Abanyarwanda kuko ubumwe bwacu arizo mbaraga zacu kandi ko ari ntakorwaho.”

Abayobozi bahuguwe ku bumwe bw’Abanyarawanda

Ubumwe bw’Abanyarwanda buherutse gukomwa mu nkokora ubwo hadukaga abitaga Abakono.

Ni ikibazo cyatumye  Perezida wa Repubulika agira icyo abivugaho, avuga ko bibabaje kuba mu myaka ikabakaba 30 u Rwanda rubohowe hari abantu bakiyumvamo amoko cyangwa andi macakubiri ayo ari yo yose.

Umukuru w’u Rwanda yasabye ko iki kibazo gicukumburwa, kigakemurwa burundu.

Ikibazo cy’ubumwe n’ubwiyunge cyeguye abayobozi batandukanye abandi bakurwa mu nshingano.

Byaje gutuma n’Intara y’Amajyaruguru ihabwa Guverineri mushya wari usanzwe ushinzwe ubushakashatsi muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Maurice Mugabowagahunde.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice
TAGGED:AbayobozifeaturedMusabyimanaUbumweUbwiyunge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Mukwege Na Fayulu Barashaka Ko Amatora Asubirwamo
Next Article Iyo Tshisekedi Avuga Ko Yatera U Rwanda Nta Makuru Aba Afite- Mukuralinda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?