Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisanté Yagumishijeho Amasaha Y’Akazi K’Abaganga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisanté Yagumishijeho Amasaha Y’Akazi K’Abaganga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 January 2023 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu bigo by’ubuvuzi hazakomeza gukurikizwa amasaha asanzwe mu gihe abandi bakozi bo bazajya batangira saa tatu za mu gitondo.

Kuri Twitter Minisiteri y’ubuzima yahanditse igira iti:  “Nyuma y’uko hatangajwe amasaha y’akazi azatangira gukurikizwa guhera taliki 01, Mutarama 2023, mu rwego rwo gukomeza gutanga serivisi z’ingenzi z’ubuzima igihe cyose zikenerewe, Minisiteri y’ubuzima iramenyesha abakora mu bigo by’ubuvuzi byose, Abaturarwanda muri rusange, ko hazakomeza gukurikizwa amasaha asanzwe y’akazi mu bigo by’ubuvuzi nk’uko byakorwaga mu mwaka wa 2022”.

Rikomeza rigira riti: “Abayobozi b’ibigo by’ubuvuzi barasabwa gukomeza gushyiraho uburyo bworohereza abakozi bafite ibibazo byihariye, kugira ngo babashe gukora nta nkomyi.”

Gahunda y’impinduka ku masaha y’akazi ndetse n’ay’ishuri izatangira gukurikizwa guhera kuri uyu wa 01, Mutarama, 2023.

Byanzuwe n’inama  y’Abaminisitiri yabaye mu Ugushyingo 2022.

Abakozi bakorera ibigo bya Leta bagomba kujya gatangira saa tatu za mu gitondo, kakageza saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Abanyeshuri bo bagomba kujya batangira amasomo yabo saa mbili n’igice, bakageza saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Mbere y’izi mpinduka, abanyeshuri batangiraga amasomo saa moya n’igice akarangira saa kumi n’igice z’umugoroba.

Ku bo bibanye ngombwa, mbere  ya saa tatu, abakozi bazajya bakorera akazi kabo mu rugo.

TAGGED:AbagangaAbakozifeaturedIbitaroMinisiteriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuziki Ukomeje Kuba Umuhuza W’Abanyarwanda N’Abarundi
Next Article Uganda: Abantu 9 Bapfiriye Mu Muvundo Wo Kurasa Umwaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?