Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisanté Yahagaritse Ibarura Ryakorwaga N’Ihuriro Ry’Abavuzi Gakondo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisanté Yahagaritse Ibarura Ryakorwaga N’Ihuriro Ry’Abavuzi Gakondo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2023 5:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Ihuriro ry’abavuzi gakondo kwirinda kubarura no guha ibyemezo abavuzi gakondo bibumbiye mu ihuriro ryabo (AGA Network Rwanda).

Bibaye nyuma y’igihe muri ryo havuzwe ubwumvikane buke buterwa n’uwo bavuga ko yirukanywe ku buyobozi kubera kurigira nk’akarima ke.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bavuga ko bafite amakuru ko nyuma yaho Nyirahabineza Gertulde wahoze ayoboye AGA Network Rwanda yirukanywe kubera amakimbirane yakomotse ku miyoborere mibi no kurigisa umutungo w’ihuriro, yahisemo gukora ku giti cye yisunze ubuyobozi bw’ibanze abikora mu izina ry’ihuriro yirukanywemo.

Baraperereje bamenya ko uwo Nyirahabineza yageze henshi mu Rwanda yifashisha ubuyobozi bw’ibanze ngo agaragaze amakosa ari muri bamwe mu bavuzi gakondo atangira no gukora ibarura ry’abavuzi gakondo avuga ko yatumwe na Minisiteri y’Ubuzima.

Aho bimenyekaniye, Minisiteri y’ubuzima yahise isohora ibaruwa yo ku wa 27 Ugushyingo 2023, yashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera, risaba Ishyirahamwe ry’abavuzi gakondo guhagarika ibarura ryakorwaga.

Muri iyo baruwa  haranditse hati: “ (…) Nshingiye kandi ku nyandiko zigaragaza amabarura ari gukorwa y’abavuzi gakondo mu bice bitandukanye by’igihugu rikozwe n’ihuriro ry’abavuzi gakondo ryitwa AGA Rwanda Network, bakifashisha inzego z’ibanze, ngo zibaterere kashe ku rupapuro ruri gukoreshwa muri iryo barura ritatangiwe uruhushya n’urwego rubishinzwe.”

Iyo baruwa ikomeza igira iti: “…Mbandikiye mbasaba ibi bikurikira: Guhagarika iri barura aho riri gukorwa mu bice bitandukanye by’igihugu, guhagarika itangwa ry’ibyemezo ku bavuzi gakondo, riri gukorwa n’iri shyirahamwe, gutesha agaciro ibyangombwa byatanzwe n’ihuriro ry’abavuzi gakondo mu Rwanda(AGA Network Rwanda), no gusaba inzego z’ibanze zatanze ibyo byangombwa ko bigarurwa ku Biro byabiteyeho kashe.”

Iri tangazo rirahagarika ibyo Ihuriro ry’abavuzi gakondo bakoraga

N’ubwo ubuvuzi gakondo bwemewe, abaganga bavuga ko ari ngombwa ko abavuzi gakondo bitondera uwo mwuga, ugakorwa n’ababiherewe uburenganzira na Minisiteri y’Ubuzima.

Ntiturashobora kuvugana na Nyirahabineza Gertulde uvugwa muri iki kibazo ngo agire icyo abitangazaho ariko igihe cyose yagira icyo abitubwiraho twabibwira abasomyi.

TAGGED:AbavuzifeaturedGakondoIhuriroMINISANTE
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AIMS-Rwanda Ikomeje Kubakira Ubushobozi Abiga N’Abigisha Siyansi
Next Article Ngirente Asanga Imibereho Y’Abatuye EAC Ikwiye Kurushaho Gutezwa Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?