Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri Biruta Yaganiriye N’Abahagarariye Ibihugu Byabo Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisitiri Biruta Yaganiriye N’Abahagarariye Ibihugu Byabo Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 January 2023 3:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Vincent Biruta yagiranye ikiganiro n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda. Nta makuru arambuye aravugwa ku byo yaganiriye nabo, ariko uwagenekereza akavuga ko bagarutse ku murongo u Rwanda rwafashe ku kibazo cya DRC ntiyaba arengereye.

Birumvikana kandi ko atabuze kubifuriza umwaka mushya muhire wa 2023 ukiri mu ntangiriro.

Icyakora umubano w’u Rwanda n’andi mahanga ntigarukira ku bibazo biri muri DRC iki gihugu gikunze gushoramo u Rwanda, ahubwo hazamo n’ubufatanye mu bya gisirikare rufitanye n’ibindi bihugu nka Mozambique na Centrafrique.

Hari n’aho rujya gutanga ubufasha rubisabwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Rukomeje kandi kwagura umubano muri iki gihe kubera ko ubu ari rwo ruyobora Commonwealth ndetse rukaba ruherutse no kwakira CHOGM.

Nta gihe kinini gishize rusinyanye amasezerano y’ubucuruzi na Barbados.

Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo nawe aherutse kongera gutorerwa kuyobora Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, Francophonie.

Mu bucuruzi kandi rukomeje kwagura amarembo hirya no hino ku isi mu bucuruzi bwagutse by’icyayi n’ikawa, ibyo byose bigakora ari nako na ba mukerarugendo bakomeza kurusura bakajya mu birunga n’ahandi mu Rwanda.

Uko bimeze kose ariko, Dr. Vincent  Biruta yabwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko muri iki gihe igihangayikishije u Rwanda ari umutekano w’abarutuye ushobora guhungabanywa na DR Congo.

U Rwanda rumaze igihe rusaba amahanga kubwira DRC ko ibibazo ifite ari ibyayo, ko nta gihugu ikwiriye kubyegekaho.

This morning, Minister @Vbiruta held the first Diplomatic Briefing of the year which was an occasion to exchange views on bilateral, regional and international affairs. pic.twitter.com/uiaVCTDQrQ

— Ministry of Foreign Affairs & Int'l Cooperation (@RwandaMFA) January 20, 2023

TAGGED:BirutaCongoDRCfeaturedMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarusiya Bahaye Mali Indege Nyinshi Z’Intambara
Next Article Rwanda: Amafaranga Asubizwa Abasora Babyemerewe N’Amategeko ‘Agiye Kongerwa’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?