Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Yasabye Abaturage Kwitangira Kurokora Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Yasabye Abaturage Kwitangira Kurokora Igihugu

admin
Last updated: 07 November 2021 1:53 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed yasabye abaturage ba Ethiopia ko bagomba kwitangira igihugu, muri iki gihe gisumbirijwe n’inyeshyamba za Tigray People’s Liberation Front (TPLF).

Ni ibihe bikomeye muri Ethiopia ku buryo Leta zunze Ubumwe za Amerika zamaze gusaba abadipolomate bayo badakora mu mirimo y’ingenzi cyane kuva bwangu muri icyo gihugu. Ni nyuma yo gusaba abaturage bayo bose gutaha.

Ni intambara imaze umwaka, mu gihe ubwo guverinoma ya Ethiopia yatangizaga urugamba ku barwanyi ba TPLF mu Ugushyingo 2020, yibwiraga ko ruzamara iminsi mike.

Minisitiri w’Intebe Abiy kuri uyu wa Gatandatu yanditse kuri Twitter ati “Hari ibitambo bigomba gutangwa, ariko ibyo bitambo bizarokora Ethiopia.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

“Twagize ibigeragezo n’imbogamizi kandi byaradukomeje. Dufite inshuti nyinshi zatwiyunzeho ziruta abantu baduteye umugongo.”

Aya magambo ya Abiy aje nyuma y’umunsi umwe imitwe icyenda yiyunze hamwe na Tigray People’s Liberation Front (TPLF), mu ntego zo guhirika ubutegetsi bwe ku ngufu cyangwa binyuze mu mishyikirano.

Guverinoma yamaganye iryo huriro nk’igikoresho cyo kwimenyekanisha.

Ibindi bihugu birimo Saudi Arabia, Sweden na Norway byasabye abakozi ba ambasade zabyo gutaha.

Intumwa yihariye ya Amerika mu ihembe rya Afurika, Jeffrey Feltman, iheruka muri Ethiopia aho yanahuye n’abayobozi batandukanye b’igihugu.

- Advertisement -

Mu biganiro byasabaga guhagarika intambara, hari amakuru ko Guverinoma ya Ethiopia n’Intumwa yihariye ya Amerika bananiwe kumvikana ku nzira yakoreshwa mu guhagarika amakimbirane.

Amakuru avuga ko Guverinoma ya Ethiopia yanze ibiganiro na TPLF ivuga ko ari umutwe w’iterabwoba, ahubwo isaba ko uvana ingabo zawo mu gace ka Amhara.

Mu cyumweru gishize TPLF yavuze ko yafashe uduce tw’ingenzi cyane muri Amhara, ndetse ku wa Gatatu watangaje ko wafashe umujyi wa Kemissie muri kilometero 325 uvuye mu murwa mukuru Addis Ababa.

TPLF yongeyeho ko irimo gufatanya urugamba na Oromo Liberation Army, ndetse ko gahunda ari ugukomeza berekeza mu murwa mukuru.

Ku wa Kabiri Ethiopia yashyizeho ibihe bidasanzwe by’amezi atandatu.

Guverinoma yavuze ko izakomeza kurwana kugeza itsinze urugamba.

TAGGED:Abiy AhmedEthiopiafeaturedTPLF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe wa Iraq Yarusimbutse
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Umushoramari Howard G. Buffett
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?