Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Yasabye Abaturage Kwitangira Kurokora Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Yasabye Abaturage Kwitangira Kurokora Igihugu

admin
Last updated: 07 November 2021 1:53 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed yasabye abaturage ba Ethiopia ko bagomba kwitangira igihugu, muri iki gihe gisumbirijwe n’inyeshyamba za Tigray People’s Liberation Front (TPLF).

Ni ibihe bikomeye muri Ethiopia ku buryo Leta zunze Ubumwe za Amerika zamaze gusaba abadipolomate bayo badakora mu mirimo y’ingenzi cyane kuva bwangu muri icyo gihugu. Ni nyuma yo gusaba abaturage bayo bose gutaha.

Ni intambara imaze umwaka, mu gihe ubwo guverinoma ya Ethiopia yatangizaga urugamba ku barwanyi ba TPLF mu Ugushyingo 2020, yibwiraga ko ruzamara iminsi mike.

Minisitiri w’Intebe Abiy kuri uyu wa Gatandatu yanditse kuri Twitter ati “Hari ibitambo bigomba gutangwa, ariko ibyo bitambo bizarokora Ethiopia.”

“Twagize ibigeragezo n’imbogamizi kandi byaradukomeje. Dufite inshuti nyinshi zatwiyunzeho ziruta abantu baduteye umugongo.”

Aya magambo ya Abiy aje nyuma y’umunsi umwe imitwe icyenda yiyunze hamwe na Tigray People’s Liberation Front (TPLF), mu ntego zo guhirika ubutegetsi bwe ku ngufu cyangwa binyuze mu mishyikirano.

Guverinoma yamaganye iryo huriro nk’igikoresho cyo kwimenyekanisha.

Ibindi bihugu birimo Saudi Arabia, Sweden na Norway byasabye abakozi ba ambasade zabyo gutaha.

Intumwa yihariye ya Amerika mu ihembe rya Afurika, Jeffrey Feltman, iheruka muri Ethiopia aho yanahuye n’abayobozi batandukanye b’igihugu.

Mu biganiro byasabaga guhagarika intambara, hari amakuru ko Guverinoma ya Ethiopia n’Intumwa yihariye ya Amerika bananiwe kumvikana ku nzira yakoreshwa mu guhagarika amakimbirane.

Amakuru avuga ko Guverinoma ya Ethiopia yanze ibiganiro na TPLF ivuga ko ari umutwe w’iterabwoba, ahubwo isaba ko uvana ingabo zawo mu gace ka Amhara.

Mu cyumweru gishize TPLF yavuze ko yafashe uduce tw’ingenzi cyane muri Amhara, ndetse ku wa Gatatu watangaje ko wafashe umujyi wa Kemissie muri kilometero 325 uvuye mu murwa mukuru Addis Ababa.

TPLF yongeyeho ko irimo gufatanya urugamba na Oromo Liberation Army, ndetse ko gahunda ari ugukomeza berekeza mu murwa mukuru.

Ku wa Kabiri Ethiopia yashyizeho ibihe bidasanzwe by’amezi atandatu.

Guverinoma yavuze ko izakomeza kurwana kugeza itsinze urugamba.

TAGGED:Abiy AhmedEthiopiafeaturedTPLF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe wa Iraq Yarusimbutse
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Umushoramari Howard G. Buffett
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?