Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Umushakashatsi Jean-Paul Kimonyo Yakiriye Raporo Duclert Kuri Jenoside Yo Muri 1994
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27Politiki

Uko Umushakashatsi Jean-Paul Kimonyo Yakiriye Raporo Duclert Kuri Jenoside Yo Muri 1994

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 April 2021 9:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean-Paul Kimonyo ni umushakashatsi mu mateka y’u Rwanda cyane cyane urwa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yahoze ari umujyanama wa Perezida Kagame. Avuga ko raporo y’Abanyamateka b’Abafaransa nta kintu cyagutse yatangaje, ahubwo ko yavuze ibyo bantu basanzwe bazi.

Niwe ntiti ya mbere y’Umunyarwanda igize icyo itangaza kuri raporo ivuga ku ruhare rw’ u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi iherutse gusohorwa n’itsinda ry’abanyamateka b’Abafaransa bari bayobowe na François Duclert.

Kimonyo mu kiganiro yahaye Le Monde Afrique avuga ko ibikubiye muri raporo ya bariya bahanga biterekana mu buryo burambuye uruhare rw’u Bufaransa ahubwo ko biruca ku ruhande bigatanga ishusho nto yabyo.

Yagize ati: “…Imyanzuro y’iriya raporo ntisobanura mu buryo burambuye uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ahubwo usanga ivuga ibintu natwe dusanzwe tuzi.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Jean-Paul Kimonyo avuga ko iyo usesenguye usanga iriya raporo nta ruhare ivuga ko u Bufaransa bwagize cyane cyane akabishingira ku gisobanuro gito bahaye inyito ubufatanyacyaha(complicité).

Undi Munyarwanda wagize icyo avuga kuri iriya raporo ni umunyapolitiki witwa  Depite John Ruku-Rwabyoma.

Rwabyoma avuga ko iriya raporo ari intambwe nziza ariko igomba kuzakurikirwa n’izindi ntambwe kuko yo idahagije.

Kuri we kuba u Bufaransa bwemera ko hari uruhare runaka bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi byagombye kubusunkira gutera intambwe yo gusaba imbabazi kandi ngo kuzitanga ni ibintu biba mu maraso y’Abanyarwanda.

Hagati aho u Rwanda ruritegura gusohora raporo yarwo ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

- Advertisement -
Kimonyo avuga ko nta kintu kidasanzwe iriya raporo yatangaje
TAGGED:AbatutsiBufaransafeaturedJenosideKagameKimonyoRaporoUruhare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amateka ya Polisi Ku Isi Yerekana Ko Imariye Iki Abantu?
Next Article Ibihugu 12 Bigiye Guhurira i Kigali Muri BAL Izakinwa Ku Nshuro Ya Mbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?