Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Yasabye Abaturage Kwitangira Kurokora Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Yasabye Abaturage Kwitangira Kurokora Igihugu

Last updated: 07 November 2021 1:53 pm
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed yasabye abaturage ba Ethiopia ko bagomba kwitangira igihugu, muri iki gihe gisumbirijwe n’inyeshyamba za Tigray People’s Liberation Front (TPLF).

Ni ibihe bikomeye muri Ethiopia ku buryo Leta zunze Ubumwe za Amerika zamaze gusaba abadipolomate bayo badakora mu mirimo y’ingenzi cyane kuva bwangu muri icyo gihugu. Ni nyuma yo gusaba abaturage bayo bose gutaha.

Ni intambara imaze umwaka, mu gihe ubwo guverinoma ya Ethiopia yatangizaga urugamba ku barwanyi ba TPLF mu Ugushyingo 2020, yibwiraga ko ruzamara iminsi mike.

Minisitiri w’Intebe Abiy kuri uyu wa Gatandatu yanditse kuri Twitter ati “Hari ibitambo bigomba gutangwa, ariko ibyo bitambo bizarokora Ethiopia.”

“Twagize ibigeragezo n’imbogamizi kandi byaradukomeje. Dufite inshuti nyinshi zatwiyunzeho ziruta abantu baduteye umugongo.”

Aya magambo ya Abiy aje nyuma y’umunsi umwe imitwe icyenda yiyunze hamwe na Tigray People’s Liberation Front (TPLF), mu ntego zo guhirika ubutegetsi bwe ku ngufu cyangwa binyuze mu mishyikirano.

Guverinoma yamaganye iryo huriro nk’igikoresho cyo kwimenyekanisha.

Ibindi bihugu birimo Saudi Arabia, Sweden na Norway byasabye abakozi ba ambasade zabyo gutaha.

Intumwa yihariye ya Amerika mu ihembe rya Afurika, Jeffrey Feltman, iheruka muri Ethiopia aho yanahuye n’abayobozi batandukanye b’igihugu.

Mu biganiro byasabaga guhagarika intambara, hari amakuru ko Guverinoma ya Ethiopia n’Intumwa yihariye ya Amerika bananiwe kumvikana ku nzira yakoreshwa mu guhagarika amakimbirane.

Amakuru avuga ko Guverinoma ya Ethiopia yanze ibiganiro na TPLF ivuga ko ari umutwe w’iterabwoba, ahubwo isaba ko uvana ingabo zawo mu gace ka Amhara.

Mu cyumweru gishize TPLF yavuze ko yafashe uduce tw’ingenzi cyane muri Amhara, ndetse ku wa Gatatu watangaje ko wafashe umujyi wa Kemissie muri kilometero 325 uvuye mu murwa mukuru Addis Ababa.

TPLF yongeyeho ko irimo gufatanya urugamba na Oromo Liberation Army, ndetse ko gahunda ari ugukomeza berekeza mu murwa mukuru.

Ku wa Kabiri Ethiopia yashyizeho ibihe bidasanzwe by’amezi atandatu.

Guverinoma yavuze ko izakomeza kurwana kugeza itsinze urugamba.

TAGGED:Abiy AhmedEthiopiafeaturedTPLF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe wa Iraq Yarusimbutse
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Umushoramari Howard G. Buffett
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?