Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Wa Haïti Yahunze Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri W’Intebe Wa Haïti Yahunze Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 March 2024 11:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko abasore bagize amatsinda y’abagizi ba nabi babujije indege kugwa ku kibuga mpuzamahanga cya  Port-au Prince mu rwego rwo guheza Minisitiri w’Intebe mu mahanga, uyu yatse ubuhungiro muri Puerto –Rico.

Mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Kabiri taliki 05, Werurwe, 2024 nibwo yageze mu murwa mukuru w’iki gihugu ari wo San Juan, ahagera akubutse muri Amerika muri Leta ya New Jersey.

Hari hashize igihe gito avuye muri Kenya kuganira n’ubutegetsi bw’aho uko Nairobi yazohereza Polisi yayo kwirukana bariya basore bigaruriye 80% by’ubuso bwose bwa Haïti.

Nyuma gato y’uko agiye muri Kenya, mu gihugu cye hahise haduka imirwano hagati y’ayo matsinda y’abarwanyi ndetse n’ingabo z’iki gihugu.

Abo barwanyi bafite umuyobozi wahoze ari Umupolisi witwa Jimmy Chérizier bahimba Barbecue.

Aherutse gusaba Minisitiri w’Intebe kwegura niba adashaka ko igihugu kimenekamo amaraso.

Indege yari itwaye Ariel Henry yabonye ko bitagishobotse ko igwa ku kibuga cy’indege cya Port-au-prince, ihitamo kwaka uburenganzira Amerika bwo kujya kugwa muri Puerto Rico, iki kikaba ari igihugu gifite ubutaka bucungwa n’Amerika.

Iki gihugu kiri mu bimaze iminsi myinshi bidatekanye

Repubulika ya Dominican yo yamwimye uburenganzira bwo kuhagwa ndetse yahise itangaza ko ifunze ikirere kiyihuza na Haïti.

Ibihugu byombi bisangiue ikirwa cya Hispaniola.

Perezida wa Repubulika ya Dominikani witwa Luis Abinader yasabye ingabo na Polisi gukomeza kuba maso no ku mipaka iri ku mazi no ku butaka.

TAGGED:AmerikaHaitiIntebeKenyaMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Congo-Brazzaville Yamaganye Abayishinja Gukoresha Maneko W’u Rwanda
Next Article Rusizi: Inkuba Yakubise Abantu Batandatu Bo Mu Muryango Umwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Angola Igiye Kujya Itunganya Diyama Yose Icukura

Abimukira Ba Mbere Boherejwe Na Amerika Bageze Mu Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?