Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 September 2025 1:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri w’Intebe wa Qatar Sheikh Mohammed bin Abdulrahman al-Thani
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Qatar Sheikh Mohammed bin Abdulrahman al-Thani arajya i Washington kubwira Perezida Trump impungenge yatewe n’igitero Israael iherutse kugaba ku butaka bwe ihakurikiye abayobozi ba Hamas.

Axios yanditse ko Thani ari buhure kandi na Visi Perezid awa Amerika JD Vance, Umunyamabanga wa Amerika w’ububanyi n’amahanga Marco Rubio n’Intumwa ya Trump yihariye yitwa Steve Witkoff.

Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru nibwo ingabo za Israel zirwanira mu kirere zarashe igisasu ku nyubako abayobozi ba Hamas bakoreragamo inama i Doha ariko kirabahusha.

Igikuba cyahise gicika, amahanga arimo n’Ubushinwa arahaguruka arabyamagana.

Amerika ndetse n’u Rwanda byamaganye icyo gitero, ariko Israel yo ivuga ko byakozwe mu buryo busanzwe bwemewe kwivuna umwanzi.

Politico yanditse mu Muryango w’Abibumbye mu Kanama kawo gashinzwe amahoro ku isi batangaje bamaganye ibyakorewe i Doha ariko birinda mu nyandiko yabo guhingutsamo ijambo ‘Israel’.

The Jerusalem Post yanditse ko hari umwe mu bantu ba hafi ya Trump uvuga ko ibyo Netanyahu akora bimurakaza.

Ngo abikora batabiganiriye, agatanga urugero rw’ibiherutse kubaho kandi, igiteye inkeke, ni uko bituma umubaho Washington ifitanye n’ibihugu by’Abarabu by’inshuti nka Qatar ujyamo igitotsi.

Qatar ni kimwe mu bihugu by’inshuti ya Amerika bikomeye mu bindi bigize Gulf.

Ni umuhuza w’ingirakamaro mu bibazo byinshi ku isi kandi umusaruro bitanga uhesha amahirwe Amerika yo kubona aho ishora imari bitayigoye.

Trump kandi kuwa Kabiri yavuze ko igitero ingabo za Israel zagabye kuri Qatar cyari icyemezo cya Netanyahu ubwe, ko ntaho Amerika yigeze ibimenyeshwa.

Perezida w’Abanyamerika avuga ko kiriya gitero nta nyungu z’igihugu cye zikirimo .

Umuhati we wo guhagarika iriya ntambara n’ubu nturagerwaho nubwo wigeze gutuma habaho guhagarika imirwano mu gihe cy’iminsi 60 yakurikiwe n’imirwano igikomeje kugeza ubu.

Israel ivuga ko izakomeza guhashya abanzi bayo aho bari hose ku isi no mu buryo bwose, ikavuga ko igitero yagabweho tariki 07, Ukwakira, 2023 cyayeretse ko igomba guhaguruka yivuye inyuma ikirukana uwo ari we wese uyifitiye urwango.

Icyo gitero cya Hamas cyahitanye abantu 1,200, abandi 250 batwarwa bunyago n’ubu hari abakiri yo.

TAGGED:AmerikafeaturedIgiteroIsraelQatarUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye
Next Article Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?