Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe W’U Buyapani Agiye Kwegura ‘Atamaze Kabiri’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri W’Intebe W’U Buyapani Agiye Kwegura ‘Atamaze Kabiri’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2021 11:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Yoshihide Suga waburaga iminsi micye ngo yuzuze umwaka ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yatangaje ko atazongera kwiyamamariza kuyobora ishyaka riri ku butegetsi, ibi bikaba bivuze ko atazakomeza kuba Minisitiri w’Intebe. Niwe Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani uvuye ku butegetsi amaze ho igihe gito kandi akabuvaho yeguye.

Uwo yasimbuye nawe yareguye. Uwo ni Shinzo Abe weguye kubera uburwayi.

Yoshihide Suga ni umugabo w’imyaka 72 y’amavuko.

Avugwa ho kutagira ubushobozi bwa Minisitiri w’Intebe kuko ngo ibintu byose yabikoreraga mu gikari, ntajye ahagaragara ngo akore nk’uko bisabwa Minisitiri w’Intebe w’igihugu nk’u Buyapani kiri mu bikize kurusha ibindi ku isi kandi gifite umwami w’abami( Emperor).

Kwegura kwe ikubagahu kuzatuma igihugu cye gisubira mu bibazo byo gushaka uwakiyobora mu buryo burambye nk’uko byigeze kugenda mbere ya Shinzo Abe.

Mbere ya Shinzo Abe, u Buyapani bwagize ba Minisitiri b’Intebe batandatu mu myaka itandatu.

Mu kiganiro  Suga yaraye ahaye abanyamakuru, yavuze ko igihe kigeze ngo ibikorwe bye byose abishyire mu guhangana n’ubwandu bwa COVID-19 aho guharanira gukomeza kuyobora ishyaka riri ku butegetsi.

Fumio Kishida

Biteganyijwe ko  amatora y’abashaka kuyobora ishyaka riri ku butegetsi mu Buyapani azatangira tariki 17, Nzeri, 2021.

Yoshihide Suga yagize ati: “ Naje gusanga byombi bisaba imbaraga nyinshi, mpitamo kumesa kamwe.”

Abakurikiranye ibibazo bya Politiki y’u Buyapani mu mezi macye ashize banega uko Yoshihide Suga yitwaye mu gutegura imikino Olimpiki no guhangana n’icyorezo COVID-19.

Hari amakuru avuga ko ashobora kuzasimburwa na Fumio Kishida wigeze kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga kuko kugeza ubu niwe wenyine watanze kandidatire ye kuri uriya mwanya.

Ku rundi ruhande ariko hari undi mugabo witwa Taro Kono nawe uvugwaho kugira ‘inyota’ yo kuziyamamariza uriya mwanya.

The New York Times ivuga ko muri iki gihe u Buyapani buri mu mayira abiri, kuko bugomba gukomeza guharanira kuba igihangange mu by’ubukungu ari nako ruhangana n’ibibazo bufite byakuruwe na COVID-19.

Ibi byiyongeraho ibibazo bya Politiki birimo icyo gutora Minisitiri w’Intebe ushoboye guhangana na biriya bibazo hamwe n’ibindi bisanzwe mu Buyapani birimo no kubonera amacumbi urubyiruko cyane cyane urwo mu Murwa mukuru, Tokyo.

Inkuru y’uko Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani agiye kwegura yaciye igikuba mu baturage k’uburyo no mu bigo by’imari n’imigabane ibintu byahindutse.

Abarishoyemo imari bahise bazamura igiciro cy’imigabane yabo kuko batinye ko amafaranga yabo azahomba mu minsi iri imbere.

Ubundi bizwi ko isoko ry’imari n’imigabane rishingira ku kizere abashoramari baba bafite cy’uko imigabane yabo itazata agaciro biturutse ku bibazo ibyo ari byo byose harimo n’ibya Politiki.

TAGGED:BuyapanifeaturedImikinoMinisitiriSuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rufite Ubutaka Bwo Guhingaho Muri Centrafrique
Next Article Min Gatabazi Yafunguye Ibikorwa By’Itsinda Ryiswe ‘Abarinzi B’Ibyambu’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?