Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2025 1:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Sebastien Lecornu: Ifoto: Getty Images
SHARE

Sébastien Lecornu uherutse kugenwa ngo abe Minisitiri w’Intebe w’Ubufaransa arateganya impinduka zikomeye mu micungire y’umutungo wa Leta zirimo no gukuraho ibyo abahoze muri Guverinoma bagenerwaga. Ni mu rwego rwo gushaka uko igihugu cyakwishyura imyenda gifite ari nako kirinda gusesagura bike gisigaranye.

Lecornu ateganya ko kimwe mu by’ingenzi agomba gukora ari ugukuraho ibyo bari bagenerwa bihenda Leta birimo ivatiri nziza igurwa kandi ikishyurwa na Leta ku biyigendaho n’Umunyamabanga wita ku bikorwa by’abahoze ari ba Minisitiri b’Intebe.

Kuri uyu wa Gatandatu yabwiye itangazamakuru ko bidakwiye ko abaturage bakwa amafaranga yo guhangana n’ibibazo by’ubukungu mu gihe abari mu nzego nkuru z’igihugu bo ‘bigaramiye’.

Ikinyamakuru Le Parisien cyanditse ko iki cyifuzo na Michel Barnier yagihoranye ariko ava ku butegetsi ntaho akigejeje.

Raporo yigeze gusohorwa n’Inteko ishinga amategeko mu Bufaransa mu mwaka wa 2024 yarimo imibare yerekana ko abahoze ari ba Minisitiri b’Intebe batanzweho amafaranga menshi yiyongereyeho 11% hagati ya 2022 na 2023 ni ukuvuga ari hagati ya Miliyoni € 1,28 na Miliyoni €1,42.

Itegeko-teka ryo mu mwaka wa 2019 rigena ko uwahoze ari Minisitiri w’Intebe mu Bufaransa yemererwa Umunyamabanga n’ivatiri byose Leta ikaba ari yo ibyitaho mu gihe cy’imyaka 10 cyangwa se kuzageza uwo muntu agize imyaka 67.

Iyo ngingo niyo yatumye François Bayrou (74) na  Michel Barnier (74) batarahawe ubwo bwasisi.

Abahoze mu Biro bya Minisiteri y’Intebe mu Bufaransa bita Le Matignon baba bemerewe n’umupolisi ubarinda.

Mu gihe cy’amezi atatu akurikira kuva mu nshingano, baba bagomba guhabwa umushahara wa €10,000 buri kwezi.

Si abahoze ari ba Minisitiri b’Intebe gusa ahubwo n’abandi bayoboye Minisiteri zikomeye nk’iy’ububanyi n’amahanga, iy’ingabo n’iy’ubutegetsi bw’igihugu n’iy’ubutabera bahabwa umupolisi uzishyurwa na Leta.

Mu Ugushyingo abantu nk’abo bari 30 nk’uko byemezwa na Le Parisien.

Ibi rero Sébastien Lecornu arashaka ko bisubirwamo, ntibikomeze kubera Leta n’abaturage umutwaro mu rwego rw’ubukungu.

Lecornu yahoze ari Minisitiri w’ingabo mbere yo kugirwa uw’Intebe asimbuye François Bayrou uherutse kweguzwa n’Inteko ishinga amategeko.

TAGGED:AmafarangaBayroufeaturedIgihuguimodokaIntebeMinisitiriUbufaransaUbwasisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda
Next Article Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hari Icyo Sena Yifuza Ku Banyarwanda Baba Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?