Minisitiri W’Intebe Yitabiriye Irahira Rya Museveni

Umwanditsi wa Taarifa
1 Min Read
PM Justin Nsengiyumva.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin ari i Kampala ahagarariye Perezida Paul Kagame mu irahira rya Perezida uherutse gutorwa Yoweri  Museveni. Kuri uyu wa Kabiri nibwo Museveni azarahirira indi manda y’imyaka itanu, akaba amaze imyaka 40 ayobora Uganda.

Irahira rya Museveni rizabera ku kibuga cya Kololo Independence Grounds.

Guverinoma ya Uganda ivuga ko hari Abakuru b’ibihugu 35 bazitabira iri rahiro, kandi hari n’abayobozi mu mashyaka akomeye muri Afurika nka RPF-Inkotanyi (Rwanda), ANC (Afurika y’Epfo), CCM (Tanzania), ZANU-PF (Zimbabwe), na FRELIMO (Mozambique) batumiwe.

Bamwe mu bakuru b’ibihugu bazirabira ni Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, uwa Djibout Ismail Omar Guelleh ndetse n’intumwa z’Abakuru b’ibihugu bya Algeria n’abandi.

Komisiyo y’amatora ya Uganda yemeje ko Yoweri Museveni yatsinze amatora ya perezida n’amajwi 71% mu gihe uwo bari bahatanye cyane Robert Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine yagize amajwi 24%, abasigaye  batandatu basaranganya 1%.

Narangiza iyi manda hazaba ari mu mwaka wa 2031.

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva ari kumwe na Minisitiri w’umutekano Dr.Vincent Biruta, bakaba bakiriwe kandi na Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda Colonel Joseph Rutabana.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *