Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miss Rwanda 2022 Azahembwa Imodoka Izaba Igeze Mu Gihugu Bwa Mbere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Miss Rwanda 2022 Azahembwa Imodoka Izaba Igeze Mu Gihugu Bwa Mbere

admin
Last updated: 28 December 2021 8:57 am
admin
Share
SHARE

Irushanwa ritoranya Nyampinga w’u Rwanda rigiye kuba ku nshuro ya 11, hashakishwa umukobwa uzegukana ikamba ubu rifitwe na Ingabire Grace w’imyaka 25, uryambaye guhera ku wa 21 Werurwe 2021.

Ku Cyumweru nibwo hamenyekanye ibihembo bizatangwa mu irushanwa ry’umwaka utaha n’ibihembo bizatangwa.

Umuyobozi muri Hyundai Rwanda, Nshimiyimana J.M.V, yavuze ko bishimiye kuba mu baterankunga ba Miss Rwanda ku nshuro ya kabiri.

Ati “Tuzatanga imodoka nshya ya Hyundai Venue. Iyi izaba ari iya mbere yo muri ubwo bwoko yinjiye mu gihugu. Icyo gihembo nyamukuru kizagendana n’izindi serivisi zose zizakenerwa.”

Hyundai Venue ibarirwa igiciro cya $20,000 mbere y’uko igezwa mu Rwanda.

Umuvugizi wa Miss Rwanda Organization itegura iri rushanwa, Nimwiza Meghan, yatangaje ko kwiyandikisha byatangiye, birimo gukorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Yavuze ko iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya 11 rizitabirwa n’abaterankunga benshi, ndetse hitezwemo n’abazahatana benshi.

Biteganywa ko amajonjora yo gushaka abazaryitabira azatangira muri Mutarama 2022.

Nimwiza yanavuze ko irushanwa ry’umwaka utaha rigiye kuba mu gihe bakomeje amavugurura agamije gutuma abakunzi baryo baryoherwa kurushaho no gukomeza gutanga ubutumwa bujyanye n’irushanwa.

Mu bihembo bizatangwa uyu mwaka, biteganywa ko abakobwa 10 ba mbere bose bazahabwa buruse zo kwiga muri Kaminuza ya Kigali, amasomo bihitiyemo.

Ni igikorwa iyi Kaminuza ivuga ko kizakomeza mu myaka itatu iri imbere.

Mu baterankunga kandi harimo African Improved Foods Rwanda, izahemba umushinga umwe w’umukobwa uzaba uri mu bahatana.

Mu baterankunga hinjiyemo uruganda rwenga inzoga n’ibinyobwa bidasembuye, Bralirwa Plc.

Umuyobozi ushinzwe imenyekanishabikorwa, Martine Gatabazi, yavuze ko bazaha Miss Heritage 2022 igihembo cya 5,000,000 Frw ndetse bagatera inkunga ubukangurambaga bwe mu bijyanye n’umuco.

Mu irushanwa ritaha kandi Banki ya Kigali yemeye guhemba umushinga ugaragaza guhanga ibishya uzahiga indi yose mu irushanwa, hakiyongeraho igihembo cya Frw 500,000.

Umukobwa uzagaragaza uwo mushinga kandi azahabwa amahugurwa ahagije ku bufatanye na Inkomoko, ku buryo bwo kunoza umushinga we.

Ni urushanwa rizatambuka kuri shene ya kabiri ya RBA, KC2.

 

TAGGED:featuredHyundai VenueimodokaMiss Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RwandAir Yahagaritse Ingendo Zijya n’Iziva i Dubai
Next Article Umuhanzi W’Icyamamare Muri DRC Gen Defao Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?