Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MONUSCO Yahagaritse Burundu Gukorera Muri Kivu Y’Epfo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

MONUSCO Yahagaritse Burundu Gukorera Muri Kivu Y’Epfo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2024 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kubisabwa na Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Akanama k’Umutekano mu Muryango w’Abibumbye kanzuye ko ingabo zako za MONUSCO zitangira kuva muri Kivu y’Amajyepfo.

Ni icyemezo cyahise gitangira gushyirwa mu bikorwa guhera kuri uyu wa Kabiri taliki 30, Mata, 2024.

Itangazo rya MONUSCO rivuga kuri iyi ngingo riragira riti: “ MONUSCO yatangiye gukura abasirikare n’ibikoresho byayo muri Kivu y’Amajyepfo kandi guhera taliki 01, Gicurasi, 2024 ntizongera kubarizwa ku butaka bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo habe no mu kurinda abayituye!”

Rivuga ko abasirikare bake bashinzwe kurinda inyubako z’aho abagiye babaga namwe n’ibikoresho bitarimurwa ari bo bonyine bazasigara muri iki gice.

Umuyobozi wa MONUSCO, Umunya Guinea witwa Bintou Keita yatangaje ko inshingano zo gucungira umutekano abatuye muri iki gice zisigaye mu biganza by’ingabo za DRC ubwazo.

Mu rwego rwo kwerekana ko ibi ari icyemezo gikomeye, MONUSCO yahererekanyije ububasha bwo gucunga biriya bice n’ingabo za DRC.

Ibirindiro bya gisirikare babiri bya mbere byahawe ingabo za DRC, ibindi bitanu(Mikenge, Minembwe, Rutemba, Uvira na  Kavumu) bikazahabwa ubuyobozi bw’iki gihugu hagati ya Gicurasi na Kamena, 2024 n’aho ibindi bibiri ari byo Baraka na Sange bizatangwa mu mataliki ataramenyekana ya Gicurasi, uyu mwaka.

Hari n’ahandi hantu 15 hakorerwaga n’abakozi b’iri shami hazaba hafunzwe bitarenze taliki 30, Kamena, 2024 kandi icyo gihe abakozi ‘hafi ya bose’ ba MONUSCO bazaba baratashye.

Hari bake bazasigara kugira ngo bashyire ibintu mu buryo, ni ukuvuga kureba niba amadosiye yose arebana no guhererekanya inshingano ku mpande zombi yaratanzwe.

Abasirikare ba MONUSCO nibo bari bagize itsinda ry’abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye benshi bakoreraga mu gihugu kimwe umurimo wo kukigaruramo no kukirindiramo amahoro.

Bageze muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu mwaka wa 2003, ubu bakaba bagiye kuhava babarirwa mu bantu 100,000.

Kuva muri Kivu y’Epfo kwabo kwamejwe n’umwanzuro wa UN Nomero 2717 wo mu Ukuboza, 2023, wasobanuraga uko ingabo za MONUSCO zizava muri Kivu na Ituri.

Ifoto©RadioOkapi:Bintu Keita ahererekanya ububasha n’umuyobozi wa Kivu

TAGGED:AbasirikarefeaturedIngaboIturiKeitaKivuMONUSCO
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Netanyahu Yahize Kurimbura Hamas Niyo Yakwemera Imishyikirano
Next Article Perezida Kagame Yemeje Umutwe Mushya W’Ingabo Z’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Taylor Swift Yemeye Kurushinga

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbukungu

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?