Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mozambique: Uwatsinzwe Amatora Y’Umukuru W’Igihugu Yahunze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Mozambique: Uwatsinzwe Amatora Y’Umukuru W’Igihugu Yahunze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2024 4:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Venâncio Mondlane aravugwaho guhunga
SHARE

Ubutegetsi bwa Mozambique bwatangaje ko Venâncio Mondlane uherutse gutsindwa amatora y’Umukuru w’igihugu yamaze guhungira muri Afurika y’Epfo.

Yahunze nyuma y’uko abo mu ishyaka rye bigaragambije bakangiza byinshi mu gihugu birimo n’ibyo basahuye mu maduka y’Abanyarwanda bacururiza mu Murwa mukuru, Maputo.

Imidugararo yatejwe n’abo mu ishyaka rye yatumye hari abayitabiriye bayisizemo ubuzima kuko Polisi yabarashe amasasu ya nyayo ngo irebe ko abandi bakuka umutima.

Venâncio Mondlane aravugwaho guhunga nyuma y’uko muri iki Cyumweru kiri kurangira asabye abayoboke be ko mu Cyumweru gitaha bagomba kuzitabira imyigaragambyo yamagana ibyavuye mu matora ari benshi.

Yabibasabye akoresheje ibiganiro yacishije ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma yo kubona ko izi mbuga arizo yahinduye umuyoboro, Polisi yategetse ko zose ziba zifunzwe mu gihe runaka.

Amakuru avuga ko ubwo ibintu byari bimaze gukomera, Mondlane yahise ashaka uko acikira muri Afurika y’Epfo.

Mu matora y’Umukuru w’igihugu aheruka, intsinzi yabaye iya Daniel Chapo wo mu ishyaka ryagiye ku butegetsi kuva Mozambique yigenga mu mwaka wa 1975.

Mbere y’uko ahunga, Mondlane yatangaje ko kuba umunyamategeko we witwaga Elvino Dias yicanwa n’umwe mu bayobozi bakuru b’ishyaka rye, ari ikimenyetso cy’uko nawe adahunze ashobora kuzahasiga ubuzima.

Kuwa Kabiri w’Icyumweru gishize ubwo ibyavuye mu matora byatangazwaga, nibwo imyigaragambo yatangiraga mu Murwa mukuru, Maputo.

Ibyavuye mu matora  y’Umukuru wa Mozambique byerekana ko Daniel Chapo yatsinze ku majwi angana na 71% .

Mondlane niwe waje ku mwanya wa kabiri agira 20%  naho Ossufo Momade wahoze mu ishyaka ry’inyeshyamba Renamo agira 6%.

TAGGED:ChapoGuhungaIshyakaMozambiquePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cancer Y’Ibere Yugarije Abanyarwandakazi
Next Article Ikiyaga Cya Kivu Kigiye Gukikizwa Ibiti By’Imbuto
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?