Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpiranya Ukekwaho Uruhare Rukomeye Muri Jenoside ‘Ari’ Muri Zimbabwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Mpiranya Ukekwaho Uruhare Rukomeye Muri Jenoside ‘Ari’ Muri Zimbabwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2021 3:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagenzacyaha b’Umuryango w’Abibumbye barasaba Zimbabwe guta muri yombi  Bwana Protais Mpiranya kugira ngo agezwe mu nkiko kubera uruhare akekwa ko yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Mpiranyi yahoze ari umusirikare mukuru  mu mutwe warindaga Perezida Juvénal Habyarimana, akaba akurikiranyweho uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi.

Bivugwa ko ari muri Zimbabwe, aho amaze imyaka 27 yihisha ubutabera mpuzamahanga.

Kuri ubu afite imyaka 60 y’amavuko.

Uyu mugabo ari ku mwanya wa mbere mu  bahoze mu butegetsi bwa Habyarimana Juvénal na Théodore Sindikubwabo bayoboye u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi batarafatwa.

Ari kuri uyu mwanya wa mbere nyuma y’uko Félicien Kabuga wari kuri uyu mwanya afatiwe mu Bufaransa mu mwaka ushize.

Leta zunze ubumwe z’Amerika ziyemeje kuzahemba miliyoni 5$ umuntu wese uzatanga amakuru azatuma Protais Mpiranya afatwa.

Serge Brammertz ukuriye ubugenzacyaha buri guhiga Mpiranya avuga ko ubwo Kabuga yafashwe, ashobora kuzatanga amakuru yazatuma na Protais Mpiranya afatwa.

Mpiranya ari ku mwanya wa mbere mu bahigishwa uruhindu

Abakozi b’Urwego ayoboye bigeze kujya muri Zimbabwe kuganira n’ubutegetsi bushya bwa  Emmerson Mnangagwa wari usimbuye umukambwe Robert Mugabe kugira ngo bamusabe imikoranire yatuma Mpiranya afatwa, ariko nta musaruro byatanze kugeza n’ubu.

Icyo gihe hari muri 2017.

Brammertz yabwiye The  Guardian ko impamvu ituma Mpiranya adafatwa, ari uko ashyigikiwe n’abasirikare bakuru muri Leta ya Mnangagwa.

Ikindi bazi ni uko uriya mugabo atembera muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, Afurika y’Epfo no muri Zimbabwe, aho bivugwa ko afite inzu abamo n’ibikorwa by’amajyambere.

TAGGED:featuredHabyarimanaJenosideMnangagwaMpiranyaProtaisZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mgr Paul Ssemwogerere Yagizwe Arkiyepiskopi Wa Kampala
Next Article Kenya Yafunguye Uruganda Rukora Imbunda
1 Comment
  • Mukeshimana says:
    12 April 2021 at 10:44 am

    Abantu bakora kwa muganga yaragowe.ubuvuzi BW’Ibere buba bwihuta cyane kuko iyo bitinze urapfa,niba bagomba kujya bategereza biopsy results abazayarwara mufite ibibazo.

    Reply

Leave a Reply to Mukeshimana Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?