Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Burundi Hava Magendu Iza Mu Rwanda Iciye i Nyanza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Mu Burundi Hava Magendu Iza Mu Rwanda Iciye i Nyanza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 August 2022 8:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Nyanza haherutse gufatirwa ibilo 1,574 by’imyenda yari yinjiye mu Rwanda mu buryo bwa magendu. Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya magendu niryo ryafashe iriya myenda yari yavanywe mu Burundi.

Byari bisanzwe bitangazwa ko imyenda ya magendu yinjira mu Rwanda iba iturutse muri Uganda no muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Amakuru avuga ko muri rusange magendu iva muri Burundi ari iy’imyenda ariko ngo ntikunze kuhagaragara nk’uko bimeze ku bindi bice by’u Rwanda bikora ku mipaka nk’uwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’uwa Uganda.

Iriya myenda yafashwe ku wa Kane taliki 04, Kanama, 2022 ifatirwa mu bubiko bw’umugabo w’imyaka 52 y’amavuko buherereye mu Mudugudu wa Kigarama, Akagali ka Nyanza , Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo witwa Superintendent of Police( SP) Théobald Kanamugire yabwiye Taarifa ko ubusanzwe magendu yinjira mu Rwanda iturutse i Burundi ari iy’imyenda kandi yinjirira mu Mirenge ya Ntyazo,  Busoro na Muyira.

Iyi ni imwe mu mirenge igize ikirwa Amayaga.

Abaturage nibo bahaye abapolisi bashinzwe kurwanya magendu amakuru y’uko hari umugabo utuye mu Mudugudu wa Kigarama uzanirwa magendu iturutse mu  Burundi.

Abapolisi bahise bajye kumusaka bamusanga imyenda ifibitse mu byo bita amabalo ipima ibilo 1,574.

Uwafashwe yabwiye Polisi ko iyo imyenda ije muri buriya buryo ayiranguza n’abacururiza mu isoko rya Nyanza.
SP Kanamugire ashima uruhare abaturage bagira mu gutanga amakuru atuma abakora ibitemewe n’amategeko bafatwa.

Itegeko ry’Umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’i Burasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, mu ngingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara ndetse n’imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo igatezwa cyamunara.

Uwari uyitwaye acibwa  amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000), ni ukuvuga Miliyoni Frw 5.

Hamwe mu hantu hamaze kumenyekana ko ari inzira ya magendu ni mu Karere ka Rusizi.

Abenshi mu bazana magendu muri kariya karere bakoresha inzira z’ikiyaga cya Kivu.

Barayizana bakayihererekanya n’abaje kuyakirira imusozi, abayizanye bagasubira muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Amakuru avuga ko Akarere ka Rusizi n’Akarere ka Rubavu ari two magendu ikunda kwinjiriramo.

Rusizi ariko irusha Rubavu kuba ikiraro cya magendu.

Si magendu gusa ahubwo n’urumogi, mukorogo, intsinga zitujuje ubuziranenge n’ibindi bitemewe nabyo birahinjirira.

 

TAGGED:featuredMagenduNyanzaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Taiwan Yahanuye Indege Y’u Bushinwa
Next Article Umuyobozi Wa Polisi Y’u Rwanda Ari Mu Bwami Bwa Eswatini
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?