Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Busitani Bwo Kwibuka Buri I Nyanza, Abanya Israel Bahateye Igiti cy’Ikizere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Mu Busitani Bwo Kwibuka Buri I Nyanza, Abanya Israel Bahateye Igiti cy’Ikizere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2021 10:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’Abanya Israel bari mu Rwanda guhera mu ntangiriro z’iki Cyumweru ryasuye ikicarp cya IBUKA ka GAERG kiri i Nyanza mu Karere ka Kicukiro ahari n’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Nyuma yo kugirana ibiganiro bito n’abakora muri Biro byaba ibya IBUKA cyangwa GAERG, abagize ririya tsinda bahise batera igiti cy’ikizere mu busitani bwo Kwibuka buri hirya gato.

Ku rukuta rwa Twitter rwa GAERG, handitseho ko kiriya giti ari ikimenyetso ko kuvuka bundi bushya no kugira ikizere cy’ejo hazaza nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Iri tsinda riri mu Rwanda ryavuye muri Israel mu minsi mike ishize.

Ryitwa Renewed Memory. Abarigize bakora filime nto zivuga kenshi na kenshi kuri Jenoside yakorewe Abayahudi.

Izo filimi nto ziba zigamije kwerekana ibibazo abarokotse Jenoside yakorewe Abayahudi baciyemo n’uburyo babyivanyemo.

Mu Rwanda bari kureba uko bafasha abagize GAERG gukora filimi nka ziriya no kubafasha mu kumenya ubundi buryo komora ibikomere by’imitima yahungabanyijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Barakorana kandi n’abanyeshuri bo muri Mount Kenya University mu gukora ziriya filime.

Mu mpera z’Iki cyumweru nibwo bari burangize uruzinduko rwabo mu Rwanda.

Ubwo bari mu nzira baza mu Rwanda mu mpera z’Icyumweru gishize, kuri Twitter bahawe ikaze na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Bwana Ron Adam.

Israel ivuga ko izagirana n’u Rwanda ubufatanye bwo mu nzego zitandukanye harimo no gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kwiyubaka no gusana imitima yabo.

Basize bateye igiti cyo kuzirikana ko ejo hazaza ari heza
TAGGED:featuredGAERGIBUKAIsraelJenosideKigaliNyanzaUniversity
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahawe Urukingo Rwa AstraZeneca Bagiye Guterwa Urwa Kabiri
Next Article Amafoto: Kagame Yaherekeje Macron Wasoje Uruzinduko Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?