Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Busitani Bwo Kwibuka Buri I Nyanza, Abanya Israel Bahateye Igiti cy’Ikizere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Mu Busitani Bwo Kwibuka Buri I Nyanza, Abanya Israel Bahateye Igiti cy’Ikizere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2021 10:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’Abanya Israel bari mu Rwanda guhera mu ntangiriro z’iki Cyumweru ryasuye ikicarp cya IBUKA ka GAERG kiri i Nyanza mu Karere ka Kicukiro ahari n’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Nyuma yo kugirana ibiganiro bito n’abakora muri Biro byaba ibya IBUKA cyangwa GAERG, abagize ririya tsinda bahise batera igiti cy’ikizere mu busitani bwo Kwibuka buri hirya gato.

Ku rukuta rwa Twitter rwa GAERG, handitseho ko kiriya giti ari ikimenyetso ko kuvuka bundi bushya no kugira ikizere cy’ejo hazaza nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Iri tsinda riri mu Rwanda ryavuye muri Israel mu minsi mike ishize.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ryitwa Renewed Memory. Abarigize bakora filime nto zivuga kenshi na kenshi kuri Jenoside yakorewe Abayahudi.

Izo filimi nto ziba zigamije kwerekana ibibazo abarokotse Jenoside yakorewe Abayahudi baciyemo n’uburyo babyivanyemo.

Mu Rwanda bari kureba uko bafasha abagize GAERG gukora filimi nka ziriya no kubafasha mu kumenya ubundi buryo komora ibikomere by’imitima yahungabanyijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Barakorana kandi n’abanyeshuri bo muri Mount Kenya University mu gukora ziriya filime.

Mu mpera z’Iki cyumweru nibwo bari burangize uruzinduko rwabo mu Rwanda.

- Advertisement -

Ubwo bari mu nzira baza mu Rwanda mu mpera z’Icyumweru gishize, kuri Twitter bahawe ikaze na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Bwana Ron Adam.

Israel ivuga ko izagirana n’u Rwanda ubufatanye bwo mu nzego zitandukanye harimo no gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kwiyubaka no gusana imitima yabo.

Basize bateye igiti cyo kuzirikana ko ejo hazaza ari heza
TAGGED:featuredGAERGIBUKAIsraelJenosideKigaliNyanzaUniversity
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahawe Urukingo Rwa AstraZeneca Bagiye Guterwa Urwa Kabiri
Next Article Amafoto: Kagame Yaherekeje Macron Wasoje Uruzinduko Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?