Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Busitani Bwo Kwibuka Buri I Nyanza, Abanya Israel Bahateye Igiti cy’Ikizere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Mu Busitani Bwo Kwibuka Buri I Nyanza, Abanya Israel Bahateye Igiti cy’Ikizere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2021 10:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’Abanya Israel bari mu Rwanda guhera mu ntangiriro z’iki Cyumweru ryasuye ikicarp cya IBUKA ka GAERG kiri i Nyanza mu Karere ka Kicukiro ahari n’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Nyuma yo kugirana ibiganiro bito n’abakora muri Biro byaba ibya IBUKA cyangwa GAERG, abagize ririya tsinda bahise batera igiti cy’ikizere mu busitani bwo Kwibuka buri hirya gato.

Ku rukuta rwa Twitter rwa GAERG, handitseho ko kiriya giti ari ikimenyetso ko kuvuka bundi bushya no kugira ikizere cy’ejo hazaza nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Iri tsinda riri mu Rwanda ryavuye muri Israel mu minsi mike ishize.

Ryitwa Renewed Memory. Abarigize bakora filime nto zivuga kenshi na kenshi kuri Jenoside yakorewe Abayahudi.

Izo filimi nto ziba zigamije kwerekana ibibazo abarokotse Jenoside yakorewe Abayahudi baciyemo n’uburyo babyivanyemo.

Mu Rwanda bari kureba uko bafasha abagize GAERG gukora filimi nka ziriya no kubafasha mu kumenya ubundi buryo komora ibikomere by’imitima yahungabanyijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Barakorana kandi n’abanyeshuri bo muri Mount Kenya University mu gukora ziriya filime.

Mu mpera z’Iki cyumweru nibwo bari burangize uruzinduko rwabo mu Rwanda.

Ubwo bari mu nzira baza mu Rwanda mu mpera z’Icyumweru gishize, kuri Twitter bahawe ikaze na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Bwana Ron Adam.

Israel ivuga ko izagirana n’u Rwanda ubufatanye bwo mu nzego zitandukanye harimo no gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kwiyubaka no gusana imitima yabo.

Basize bateye igiti cyo kuzirikana ko ejo hazaza ari heza
TAGGED:featuredGAERGIBUKAIsraelJenosideKigaliNyanzaUniversity
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahawe Urukingo Rwa AstraZeneca Bagiye Guterwa Urwa Kabiri
Next Article Amafoto: Kagame Yaherekeje Macron Wasoje Uruzinduko Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?