Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Gihe Amerika Yibuka Ibitero Bya Al Qaeda, U Bwongereza Bwo Burashima Imana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mu Gihe Amerika Yibuka Ibitero Bya Al Qaeda, U Bwongereza Bwo Burashima Imana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2021 8:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe Amerika yibuka abayo bahitanywe n’igitero cy’indege cyagabwe n’ibyibehe ubu hakaba  hashize imyaka 20, Abongereza bo barashima Imana yabafashije kuvumbura ibitero 31 bifite ubukana nk’ubwicyagabwe muri Amerika.

Ibyihebe byibasiye Amerika byari byoherejwe na Oussama Bin Laden waje kwicwa n’ingabo z’Amerika zimusanze muri Pakistan.

Ken McCallum uyobora Ishami ry’ubutasi bw’u Bwongereza rishinzwe gucungira amahanga hafi ryitwa MI5 yatangaje ko abakozi b’Ikigo ayobora bavumbuye kandi baburizamo ibitero 31 byari bifite ubukana nk’ubwicyagabwe muri Amerika mu mwaka wa 2001.

Avuga ko biriya bitero byateguwe mu gihe gito gishize ingabo z’Amerika,u Bwongereza n’izindi bivuye muri Afghanistan.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ken McCallum yemeza ko nyuma yo kunoza umugambi wo kuva muri Afghanistan, abarwanyi b’Abatalibani n’abandi babashyigikiye batangiye gutegura umugambi wo kugaba ibitero bikomeye ku Bwongereza.

Mu mwaka ine ishize Ikigo MI5 cyaburijemo ibitero 31 byategurwaga ku Bwongereza ndetse ngo bine muri byo byateguwe kuva COVID-19 yatangira ni ukuvuga mu mpera za 2019 kugera ubu.

Yabwiye BBC 4 ko abakozi be baburijemo igitero gikomeye cyateguwe mu mwaka wa 2006 ubwo abagizi ba nabi bari banogeje umugambi wo guturitsa indege zirindwi ziteguraga kujya mu Bwongereza zikagwa ku kibuga mpuzamahanga cya Heathrow.

Abagizi ba nabi bari bubikore bakoresheje ibisukika ariko biturika bikagurumana.

Ken McCallum avuga ko ikibazo ibihugu by’u Burayi n’Amerika bigomba guhangana nacyo muri iki gihe ari ukwitegura ko hashobora gutegurwa ibindi bitero by’ubwihebe bikomeye kandi bigashyirwa mu bikorwa.

- Advertisement -

Kuri we, muri iki gihe akazi k’ubutasi muri biriya bihugu kagomba kwiyongera kurusha uko byahoze.

Ken McCallum

Ibi abyemeza ashingiye ku ngingo y’uko ifatwa rya Afghanistan bikozwe n’Abatalibani ryashimishije abantu bafite umugambi w’iterabwoba.

Muri iki gihe ngo barishimye cyane kuko bumva ko babonye umucunguzi.

Ubwo Abatalibani bigaruriraga ingoro y’Umukuru w’Igihugu cya Afghanistan batangaje ko Leta yabo igomba kugendera ku mahame ya Kisilamu.

Umwe mu bagaba babo yafashe ijambo abwira Isi ko ubu Afghanistan ari igihugu cy’Abatalibani kandi ko yamaze imyaka umunani afungiye muri Gereza y’Abanyamerika iri i Guantanamo muri Cuba.

Iyi gereza niyo Amerika yafungiye mo abo yafataga ibakekaho urubare mu bitero yagabeho tariki 11, Nzeri, 2001 bikayicira abantu.

Gereza ya Guantanamo yafunguwe mu mwaka wa 2002 ku itegeko rya  George W Bush wayoboraga Amerika muri icyo gihe.

Mu mwaka wa 2018 Donald J.Trump we yemeje ko iriya gereza igomba gukomeza gukora igihe cyose bishoboka, ariko uwamusimbuye Joe Biden we aherutse gutangaza ko hari kwigwa uko Gereza ya Guantanamo yafungwa.

Umuvugizi w’Abatalibani   Mohammad Naeem aherutse kubwira Al-Jazeera TV ko intambara yarangiye, ndetse ko bidatinze, isi iri bumenyeshwe aho ibintu bigiye kugana.

Yavuze ko Abatalibani bizeye ko nta muntu uzongera gushaka kubirukana ku butaka bwabo kuko ngo ‘ababigerageje byabananiye.’

TAGGED:AfganistanAl QaedaAmerikaBwongerezafeaturedIbyihebe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guverinoma Y’Abatalibani Ihangayikishije Umuryango W’Abibumbye
Next Article Ibitaro BAHO International Hospital ‘Byongeye Kurakaza’ Abantu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?