Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Gutera Hagiye Kwibandwa Ku Bishyimbo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Gutera Hagiye Kwibandwa Ku Bishyimbo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2024 7:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Musafiri Ildephonse uyobora Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi  yifatanyije n’abaturage b’i Musanze mu gutangiza Igihembwe cy’Ihinga cya 2024 B. Hatewe ibishyimbo ku buso bwa hegitari 62. Yatangaje ko muri iki gihembwe cy’ihinga ibishyimbo ari yo mbuto izibandwaho.

Avuga ko mu gihembwe gishize hari hatewe cyane cyane ibigori ariko muri iki gihembwe ibishyimbo ari byo byahawe umwanya wa mbere.

Igikorwa yifatanyijemo n’ab’i Musanze  cyabereye kuri site y’ubuhinzi ya Kanyandaro mu Murenge wa Kimonyi ho mu Karere ka Musanze.

Si ibishyimbo gusa bizibandwaho, ahubwo Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko hazahingwa n’ibirayi, ibigori, ingano n’ibindi.

Hagati aho, abahinzi bavuga ko biteguye guhinga neza no gutera imyaka kuko bamaze gutegura imirima neza, bakasba bafite n’ifumbire ihagije.

Abahinzi bo mu Kagari ka Birira babanje guca imyobo bashyiramo ifumbire y’imborera n’ifumbire y’imvaruganda kugira ngo babone gutera.

Abo bahinzi bahawe ifumbire y’imborera ingana na toni zirenga 120 ndetse n’ifumbire y’imvaruganda ingana na toni zirenga 300.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, yasabye abahinzi gutera imbuto ku butaka bwose bwera, gukoresha imbuto nziza kandi bakavanga ifumbire mvaruganda n’imborera.

Muri Musanze hazahingwa ibishyimbo ku buso bwa hegitari 8,432, ibirayi ku buso bwa hegitari 3,970, ibigori bihingwe kuri hegitari 602 n’aho ingano zihingwe ku buso bwa hegitari 1,010.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi iherutse gusaba Abanyarwanda guhinga ubutaka bwose buhari kugira ngo bizongere umusaruro nk’uko byagenze mu gihembwe cy’ihinga gishize.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIbishyimboIgihembweMusafiriMusanzeUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruranoza Ikoranabuhanga Mu Butabera- Me Nkundabarashi
Next Article Rwanda: Ikoranabuhanga Rizafasha Abantu Gukorera Uruhushya Rwo Gutwara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?