Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Gutera Hagiye Kwibandwa Ku Bishyimbo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Gutera Hagiye Kwibandwa Ku Bishyimbo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2024 7:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Musafiri Ildephonse uyobora Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi  yifatanyije n’abaturage b’i Musanze mu gutangiza Igihembwe cy’Ihinga cya 2024 B. Hatewe ibishyimbo ku buso bwa hegitari 62. Yatangaje ko muri iki gihembwe cy’ihinga ibishyimbo ari yo mbuto izibandwaho.

Avuga ko mu gihembwe gishize hari hatewe cyane cyane ibigori ariko muri iki gihembwe ibishyimbo ari byo byahawe umwanya wa mbere.

Igikorwa yifatanyijemo n’ab’i Musanze  cyabereye kuri site y’ubuhinzi ya Kanyandaro mu Murenge wa Kimonyi ho mu Karere ka Musanze.

Si ibishyimbo gusa bizibandwaho, ahubwo Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko hazahingwa n’ibirayi, ibigori, ingano n’ibindi.

Hagati aho, abahinzi bavuga ko biteguye guhinga neza no gutera imyaka kuko bamaze gutegura imirima neza, bakasba bafite n’ifumbire ihagije.

Abahinzi bo mu Kagari ka Birira babanje guca imyobo bashyiramo ifumbire y’imborera n’ifumbire y’imvaruganda kugira ngo babone gutera.

Abo bahinzi bahawe ifumbire y’imborera ingana na toni zirenga 120 ndetse n’ifumbire y’imvaruganda ingana na toni zirenga 300.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, yasabye abahinzi gutera imbuto ku butaka bwose bwera, gukoresha imbuto nziza kandi bakavanga ifumbire mvaruganda n’imborera.

Muri Musanze hazahingwa ibishyimbo ku buso bwa hegitari 8,432, ibirayi ku buso bwa hegitari 3,970, ibigori bihingwe kuri hegitari 602 n’aho ingano zihingwe ku buso bwa hegitari 1,010.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi iherutse gusaba Abanyarwanda guhinga ubutaka bwose buhari kugira ngo bizongere umusaruro nk’uko byagenze mu gihembwe cy’ihinga gishize.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIbishyimboIgihembweMusafiriMusanzeUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruranoza Ikoranabuhanga Mu Butabera- Me Nkundabarashi
Next Article Rwanda: Ikoranabuhanga Rizafasha Abantu Gukorera Uruhushya Rwo Gutwara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?