Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Gutera Hagiye Kwibandwa Ku Bishyimbo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Gutera Hagiye Kwibandwa Ku Bishyimbo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2024 7:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Musafiri Ildephonse uyobora Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi  yifatanyije n’abaturage b’i Musanze mu gutangiza Igihembwe cy’Ihinga cya 2024 B. Hatewe ibishyimbo ku buso bwa hegitari 62. Yatangaje ko muri iki gihembwe cy’ihinga ibishyimbo ari yo mbuto izibandwaho.

Avuga ko mu gihembwe gishize hari hatewe cyane cyane ibigori ariko muri iki gihembwe ibishyimbo ari byo byahawe umwanya wa mbere.

Igikorwa yifatanyijemo n’ab’i Musanze  cyabereye kuri site y’ubuhinzi ya Kanyandaro mu Murenge wa Kimonyi ho mu Karere ka Musanze.

Si ibishyimbo gusa bizibandwaho, ahubwo Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko hazahingwa n’ibirayi, ibigori, ingano n’ibindi.

Hagati aho, abahinzi bavuga ko biteguye guhinga neza no gutera imyaka kuko bamaze gutegura imirima neza, bakasba bafite n’ifumbire ihagije.

Abahinzi bo mu Kagari ka Birira babanje guca imyobo bashyiramo ifumbire y’imborera n’ifumbire y’imvaruganda kugira ngo babone gutera.

Abo bahinzi bahawe ifumbire y’imborera ingana na toni zirenga 120 ndetse n’ifumbire y’imvaruganda ingana na toni zirenga 300.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, yasabye abahinzi gutera imbuto ku butaka bwose bwera, gukoresha imbuto nziza kandi bakavanga ifumbire mvaruganda n’imborera.

Muri Musanze hazahingwa ibishyimbo ku buso bwa hegitari 8,432, ibirayi ku buso bwa hegitari 3,970, ibigori bihingwe kuri hegitari 602 n’aho ingano zihingwe ku buso bwa hegitari 1,010.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi iherutse gusaba Abanyarwanda guhinga ubutaka bwose buhari kugira ngo bizongere umusaruro nk’uko byagenze mu gihembwe cy’ihinga gishize.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIbishyimboIgihembweMusafiriMusanzeUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruranoza Ikoranabuhanga Mu Butabera- Me Nkundabarashi
Next Article Rwanda: Ikoranabuhanga Rizafasha Abantu Gukorera Uruhushya Rwo Gutwara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?