Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mezi Arindwi Mu Rwanda Hamaze Kuba Inkongi 201- Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Mu Mezi Arindwi Mu Rwanda Hamaze Kuba Inkongi 201- Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2024 11:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inkongi ni irindi zina bita umuriro ariko yo ikaba umuriro myinshi ushobora gutwika ibintu byose ukabikongora. Uwo muriro uterwa na byinshi bitewe n’aho uteye uturuka ariko nko mu mijyi ukunze guterwa n’uburangare cyangwa ubujiji butuma abantu badakoresha  neza ibikoresho by’amashanyarazi.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko kwibagirwa gucomokora ibikoresho bikenera amashanyarazi menshi no gukomeza gukoresha intsinga zishaje biri mu bikurura inkongi.

Si amashanyarazi gusa atera inkongi ahubwo na gazi abantu bakoresha bateka zikunze kubateza ibibazo.

Umujyi wa Kigali kuko ari wo ufite amashanyarazi menshi n’abantu benshi bakoresha gazi niwo uhura n’inkongi kurusha ahandi mu Rwanda.

Imibare ya Polisi ivuga ko kuva muri Mutarama kugeza mu mpera za Nyakanga, 2024, mu gihugu hose habaye inkongi 201, ziganjemo izatewe n’amashanyarazi ku kigero cya 77,6%; mu gihe izatewe na gazi zingana na 22,4%.

Umujyi wa Kigali ni wo ufite iki kibazo kurusha ahandi kuko wihariye izingana na 51% muri ayo mezi arindwi ya mbere y’uyu mwaka.

Ibi ni imibare igaragara ku rubuga rwa Polisi y’u Rwanda.

Inkongi ziri mu byiciro bine bikurikira ari byo; Izikongezwa n’ibintu karemano bikomeye (Corps solides) nk’ibiti n’ibindi biteye kimwe, izi zikaba zishobora kuzimwa binyuze mu gukoresha amazi asanzwe.

Icyiciro cya kabiri cy’inkongi ni izituruka ku bisukika byaka nka Mazutu, Lisansi, Benzini n’ibindi, hakifashishwa ikizimyamuriro kirimo urufuro cyangwa puderi kugira ngo uwo muriro uzime.

Ubundi bwoko bwa gatatu bw’inkongi ni igihe umuriro uturuka kuri gazi yonyine.

Ikinyabutabe cya Dioxyde de Carbone (C02) n’ikiringiti  gitose nibyo bishobora kuzimya iyo nkongi iyo itarakomera.

Ubwoko bwa kane bw’inkongi ni izifata ibikoresho bikomeye bikoze mu byuma nka Aluminium, Magnesium n’ibindi nka byo.

ACP Rutikanga avuga ko kutagira ubumenyi ku bitera inkongi ari kimwe mu bituma ziyongera, iyi  ikaba impamvu Ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kuzimya inkongi (FRB) ryihugura abaturage kuri iyo ngingo.

ACP Boniface Rutikanga

Avuga ko abenshi mu bakwiye kumva kandi bagaha agaciro ubutumwa Polisi itanga ari abutsi.

Abubaka inzu bagirwa inama yo kuzishyiramo intsinga zifite ubushobozi buhagije bwo kwihanganira umuriro igihe uje ari mwinshi kandi bagateganya kizimyamyoto zo kuwuzimya igihe Polisi itaratabara.

Abakoresha gazi mu guteka nabo basabwa guhora bitwararika, bakirinda kunywera itabi hafi ya gazi ifunguye, gusiga bafunze icupa ryayo neza bakamenya ko ritagomba kwegerana n’ikindi cyose gifitanye isano n’umuriro .

Imwe mu nkongi zikomeye ziherutse muri Kigali ni iyakongoye uruganda rukora imyenda ruba mu cyanya cyazo cya Masoro mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Ndera.

Ni rumwe mu nganda 74 ziri mu Cyanya kihariye cyahariwe inganda bita Kigali Special Economic Zone.

Uru ruganda ruherutse gukongoka

Ntiharatangazwa icyateye iyo nkongi ariko birashoboka cyane ko yaba yaratewe n’amashanyarazi yadukiye muri kimwe mu byumba byarwo.

TAGGED:AmashanyarazifeaturedInkongiPolisiUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’u Rwanda Zirwanira Ku Butaka Zarangije Amasomo Ahambaye
Next Article Rutanga Wakanyujijeho Muri Rayon Yagiye Muri Gorilla FC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?