Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mwaka Wa 2040 Afurika Izaba Ikora 60% By’ Inkingo- Perezida Kagame Abwira G 20
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Mu Mwaka Wa 2040 Afurika Izaba Ikora 60% By’ Inkingo- Perezida Kagame Abwira G 20

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 October 2021 4:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku Bakuru b’ibihugu bateraniye muri G20 iri kubera i Roma mu Butaliyani, Perezida Kagame yavuze ko umugabane w’Afurika ufite umugambi w’uko mu mwaka wa 2040 uzaba ukora 60% nk’inkingo harimo n’izo uzacyenera.

Yababwiye ko muri iki Cyumweru kizarangira tariki 31, Ukwakira, 2021, u Rwanda na Senegal byashyize umukono ku masezerano hamwe n’Ikigo BioNTech yo kuzabifasha kubaka inganda zikora inkingo.

Ziriya nganda zizakoresha ikoranabuhanga za mRNA

Mu ijambo rye Perezida Kagame yagize ati: “Afurika itumiza 99% by’inkingo icyenera. Intego dufite ni uko mu mwaka wa 2040 tuzaba dukora inkingo zingana na 60%.”

Perezida Kagame yabwiye abandi banyacyubahiro bateraniye i Roma ko amasezerano u Rwanda na Senegal biherutse kugirana azatangira gushyira mu bikorwa hagati mu mwaka wa 2022.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yavuze ko kugira ngo Isi yivane mu bibazo yasigiwe na COVID-19 ari ngombwa ko inkingo zisaranganywa, abantu benshi bashoboka.

Kagame avuga ko bibabaje kuba abatuye Afurika bihariye 18% by’abatuye Isi ariko muri bo abari munsi ya 5% bakaba  ari bo bonyine bakingiwe kiriya cyorezo.

Avuga ko kugira ngo kiriya cyorezo gicike bizasaba ko ibihugu bikennye bifashwa gukingira abaturage babyo bangana byibura na 70% kandi bitarenze 2022.

Ikindi Perezida Kagame yavuze kigomba gukorwa ni ugufasha inzego z’ubuzima z’ibihugu bikizamuka mu Majyambere kwiyubaka kugira ngo zishobora gukingira abantu benshi kandi mu gihe gito.

Yunzemo ko ikindi cy’ingenzi kandi mu gihe kirambye ari uko Afurika igira inganda zayo zikora inkingo.

Abahanga bo muri Afurika kandi bagomba kongererwa ubumenyi mu gukora ziriya nkingo no kuzirinda kwangirika kugira ngo zibe umutungo w’Abanyafurika ubwabo, ubafitiye akamaro.

Yashimye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi k’ubufatanye ifitanye n’Afurika mu mugambi wo kubaka inganda zikora inkingo no guhugura abahanga b’aho mu kuzikora.

Kagame yashimye ubufatanye bwerekanwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye mu gufasha Ikigo cy’Afurika kirwanya ibiza, CDC, ndetse no mu muhati wo gushyiraho ikigo kitwa Africa Medicines Agency.

Perezida Kagame yashimye umurimo wakozwe n’impuguke zatanze imirongo yazagenderwaho mu kuzahura ubukungu bw’isi zirimo abahanga nka Tharman Shanmugaratnam na Lawrence Summers na Ngozi Okonjo Iweala.

TAGGED:featuredG 20IkoranabuhangaInkingoKagamePerezidaRoma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mafoto: Perezida Kagame Mu Nama Ya G 20
Next Article Abapolisikazi Bashya Bagaragaje Ubuhanga Budasanzwe Mu Kurasa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?