Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu myaka 100 Maze Ku Isi Icyo Ntabonye Ntikibaho, Igisigaye Ni Ugupfa- Mpyisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu myaka 100 Maze Ku Isi Icyo Ntabonye Ntikibaho, Igisigaye Ni Ugupfa- Mpyisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 September 2022 5:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukambwe Pasiteri Ezra Mpyisi  yaraye akorewe ibirori by’uko aherutse kuzuza imyaka ijana. Ni ibirori byabereye muri imwe muri Hoteli z’i Kigali ariko mu ibanga hirindwa ko hashoboraga kuza abantu benshi bikabyara umubyigano n’akaduruvayo kubera ko akundwa cyane n’Abanyarwanda.

Imyaka ijana yayujuje mu myaka yashize ariko kubera ko yari amaze igihe runaka arwaye, kumwifuriza isabukuru ntibyashobotse icyo gihe.

Mu ijambo yabwiye abantu bagera ku 100 bari aho, Pasiteri Mpyisi yavuze ko abamukoreye biriya birori bamutunguye ariko nanone bamushimishije kubera ko atari abyiteze.

Avuga ko abana bari bamubwiye ko bamufitiye surprise ariko ko atitegaga ko biri bube bimeze neza kuri ruriya rugero.

Ati: “ Birantunguye rwose ariko byananshimishije. Umwana umwe yambwiye ko bari bungirire birthday none mu masaha ya nimunsi[nimugoroba]. Naje niteze birthday isanzwe, ko muzana ikeke(cake) tukayikeka tukarya tugataha.”

Yashimye abateguye iriya gahunda, avuga ko byakozwe n’umuhanga mu gutegura ibirori kandi w’umuhimbyi.

Mpyisi avuga ko mu myaka ijana amaze ku isi, nta cyo atabonye.

Ati: “ Nabonye ibyiza, nabonye ibibi nabonye ibyaha bikorwa nabonye ubugome nabonye ubwicanyi nabonye ubukwe nabonye ibirori igisigaye ni ugupfa kuko ibindi byose narabibonye.”

Avuga ko yabaye agasore, aba umusore, aba umugabo, aba igikwerere, aba umusaza nabyo arabirenga, icyo ari cyo ubungubu ntakizi.

Pasiteri Mpyisi avuga ko hari ubwo avuga ko ibyiza ari uko yakwipfira ariko ngo hari ubwo asoma muri Bibiliya agasangamo andi masomo.

Avuga ko  n’ubwo Yezu yazuye abantu, ariko abo bazutse nabo igihe cyageze barapfa.

Mpyisi avuga ko azishimira kubana n’abe ndetse n’abamukunda muri Paradizo kuko ngo nta kiruta kuba yo.

Umuhungu wa kabiri wa Pasiteri Ezra Mpyisi witwa Gérald Mpyisi yabwiye abari aho ubu afite imyaka 70 y’amavuko.

Gerald Mpyisi umuhungu wa kabiri wa Ezra Mpyisi

Yashimye ko Se ari umugabo ukundwa na bose kandi ngo abo mu rugo rwe bo bamukunda kurushaho kuko ari Se wababyaye akabageze ku rwego bagezeho.

Pasiteri Mpyisi na bamwe mu buzukuru n’abana be
TAGGED:featuredImanaMpyisiPasiteriUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Irasabwa Gushyira Mu Bikorwa Amasezerano Yo Gufungurirana Ikirere
Next Article Nyuma Y’Akazi Kenshi i Kigali, Perezida Kagame Yagakomereje Muri Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?